RURA yafatiye ibihano bikomeye Canalbox: Abakiliya bose bagizweho ingaruka bagomba guhabwa indishyi
Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA), kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mata 2026, rwatangaje ko rwafatiye ibihano ikigo cya GVA Rwanda Ltd (Canalbox), nyuma y’igihe kirekire abakiliya bacyo binubira serivisi mbi n'ikatagurika rya internet.
Indishyi n’amande ya buri munsi
Hashingiwe ku itegeko rigenga ikoranabuhanga n'itumanaho mu Rwanda, RURA yategetse Canalbox gukora ibi bikurikira:
Guha indishyi: Abakiliya bose bagizweho ingaruka na internet mbi hagati ya tariki ya 13 na 20 Mata 2026 bagomba guhabwa indishyi.
Amande: Canalbox izajya yishyura amande ya buri munsi kugeza igihe izaba yakemuriye ibibazo byose ikubahiriza amabwiriza agenga itumanaho.
Raporo: Iki kigo kigomba gutanga raporo z'aho kigeze gikemura ibyo bibazo mu gihe cyagenwe.
Kurengera abafatabuguzi
Ibi bihanwa bije nyuma y'uko RURA yari yabanje guhamagaza ubuyobozi bwa Canalbox ngo butange ibisobanuro ariko serivisi zigakomeza kuba mbi. RURA yaburiye iki kigo ko nibatubahiriza ibi bisabwa, hazafatwa izindi ngamba zikaze ziteganywa n’amategeko.
Urugero rushya rw’iterambere: Internet Banking mu Mirenge SACCO izatangira gukora mu Ukuboza 2026
No comments