RIB yafashe umugabo wakoreshaga WhatsApp mu gushuka abakobwa abizeza akazi akabafata ku ngufu
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi uwitwa Habarurema Jean D’amour, ukurikiranyweho gushuka abakobwa babaga bashaka akazi binyuze kuri WhatsApp, hanyuma akabafata ku ngufu akanabambura ibyo bafite.
Umutego wo kuri Group ya ‘Shaka Umukunzi’
Iperereza rya RIB ryagaragaje ko Habarurema yacungiraga abakobwa banyura ku rubuga rwa WhatsApp rwitwa ‘Shaka Umukunzi’, aho rimwe na rimwe hacishwaga amatangazo y’akazi. Uyu mugabo yabizezaga ko akazi kabonetse i Shyorongi, akaboherereza itike, hanyuma bahura akabajyana mu gashyamba kamuri hafi aho akabasambanya ku gahato akanabambura akoresheje iterabwoba ry’uko azabica.
Ibyaha bikomeye akurikiranyweho
Uyu mugabo yafashwe amaze kugirira nabi abakobwa batandukanye bavuye i Kigali, Kamonyi na Bugesera, harimo n’umwana utaruzuza imyaka y’ubukure. Habarurema akurikiranyweho ibyaha bitatu:
Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi (hari umukobwa yateye icyuma agerageje kumurwanya).
Gusambanya umwana.
RIB iburira abaturage kutizera abantu babizeza ibitangaza binyuze ku mbuga nkoranyambaga, ikabasaba gukomeza kugira amakenga ku muntu wese babonye binyuze mu buryo nk'ubwo.
No comments