Inkuru nziza: Urubyiruko n’abahanzi bashyiriweho inguzanyo y’inyungu ya 9%

 

Utumatwishima


Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA) ku bufatanye na Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD), batangaje amabwiriza mashya y’ikigega kigamije gufasha urubyiruko n’abahanzi kugera kuri serivisi z’imari binyuze mu nguzanyo zoroheje.

Ibintu bitatu by’ingenzi byahindutse:

  1. Ingwate: Usaba inguzanyo asabwa gusa ingwate ihwanye na 10% by’amafaranga asaba (mu gihe bisanzwe ari 100% cyangwa arenga mu zindi banki).

  2. Inyungu: Inyungu yashyizwe kuri 9%, ikaba ari imwe mu nshuro nkeya mu gihugu haboneka inyungu iri munsi ya 10%.

  3. Inkunga (Cashback): Umushinga wishyuye neza ugenerwa inkunga ya 10% y’inguzanyo yafashe iyo usozeye kwishyura.

Uko bikora n’ibisabwa:

  • Ingano y'amafaranga: Umushinga ntugomba kurenza miliyoni 10 Frw.

  • Igihe cyo kwishyura: Hagati y'amezi 6 n'imyaka 5, ariko ugasubiza nyuma y'amezi 3 umaze kuyahabwa.

  • Ibisabwa: Kuba ufite hagati y’imyaka 18-30 (uretse ku bahanzi), kuba ufite TIN Number, konti muri banki imaze umwaka, n’inyandiko y’umushinga (Business Plan) igaragaza uko uzunguka.


No comments

IZIHERUKA

Ikibazo cya Nucléaire: IAEA itewe impungenge n’uko Iran imaze umwaka itanga amakuru mu ibanga nyuma yo kuraswaho na Amerika

  Ikigo Mpuzamahanga Gishinzwe Ingufu za Nucléaire ( IAEA ) cyasohoye raporo nshya nshirana itakamba, kigaragaza impungenge zikomeye z’uko c...

Powered by Blogger.