Inkuru nziza: Urubyiruko n’abahanzi bashyiriweho inguzanyo y’inyungu ya 9%

 

Utumatwishima


Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA) ku bufatanye na Banki y’Iterambere y’u Rwanda (BRD), batangaje amabwiriza mashya y’ikigega kigamije gufasha urubyiruko n’abahanzi kugera kuri serivisi z’imari binyuze mu nguzanyo zoroheje.

Ibintu bitatu by’ingenzi byahindutse:

  1. Ingwate: Usaba inguzanyo asabwa gusa ingwate ihwanye na 10% by’amafaranga asaba (mu gihe bisanzwe ari 100% cyangwa arenga mu zindi banki).

  2. Inyungu: Inyungu yashyizwe kuri 9%, ikaba ari imwe mu nshuro nkeya mu gihugu haboneka inyungu iri munsi ya 10%.

  3. Inkunga (Cashback): Umushinga wishyuye neza ugenerwa inkunga ya 10% y’inguzanyo yafashe iyo usozeye kwishyura.

Uko bikora n’ibisabwa:

  • Ingano y'amafaranga: Umushinga ntugomba kurenza miliyoni 10 Frw.

  • Igihe cyo kwishyura: Hagati y'amezi 6 n'imyaka 5, ariko ugasubiza nyuma y'amezi 3 umaze kuyahabwa.

  • Ibisabwa: Kuba ufite hagati y’imyaka 18-30 (uretse ku bahanzi), kuba ufite TIN Number, konti muri banki imaze umwaka, n’inyandiko y’umushinga (Business Plan) igaragaza uko uzunguka.


No comments

IZIHERUKA

Ray J yateje impaka: Avuga ko amaze kuryamana n’abagore basaga 12,500 mu buzima bwe

Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime muri Amerika, William Ray Norwood Jr. uzwi nka Ray J , yongeye kugarukwaho mu bitangazamakuru nyuma yo...

Powered by Blogger.