Trump i Beijing: U Bushinwa bwijeje Amerika ko butazigera buha intwaro Iran muri iyi ntambara
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko mugenzi we w’u Bushinwa, Xi Jinping, yamwijeje ko Beijing itazigera iha intwaro cyangwa ibikoresho bya gisirikare igihugu cya Iran, muri ibi bihe Tehran ihanganye n’ingabo za Amerika mu ntambara ikomeye yo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Ibi Trump yabitangaje mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriye mu Bushinwa, uruzinduko rwa mbere nka perezida afashe kuva mu 2017. Uru ruzinduko rwari ruzwiho kuba rurimo ibiganiro bikomeye ku bucuruzi, ikibazo cya Taiwan, n’umutekano w’inzira y’amazi ya Hormuz.
Imvugo iciye bugufi ya Trump kuri Xi Jinping
Mu biganiro abakuru b’ibihugu byombi bagiranye, Trump yumvikanye mu mvugo iciye bugufi cyane bitandukanye n’uko akunze kwitwara ku bandi bayobozi. Yashimangiye ko afitanye umubano mwiza cyane na Perezida Xi Jinping, amwita "umuyobozi udasanzwe" nubwo azi ko hari abatabyishimira muri Amerika.
Trump yabwiye Fox News ati: "Yambwiye ko atazahayiha [Iran] ibikoresho bya gisirikare."
Inzira ya Hormuz: Inyungu ihuriweho n'u Bushinwa na Amerika
Abayobozi ba Amerika basabye u Bushinwa gushyira igitutu kuri Iran kugira ngo yemere amasezerano yo guhagarika intambara no gufungura inzira ya Hormuz. Iki gice kinyuzwamo hafi 20% by’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa ku isi, kandi ikorwa rwayo riri kuzamura ibiciro by’ibiribwa n’ubukungu ku isi.
Trump yavuze ko u Bushinwa na bo bafite inyungu mu gufungura iyi nzira: "Yavuze ko na bo bagura ibikomoka kuri peteroli byinshi hariya. Urumva ko bazakomeza kubikora."
Ibi byashimangiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, ndetse n’Umunyamanga wa Leta ushinzwe Imari, Scott Bessent, bemeje ko Beijing idashyigikiye ko Iran ikoresha imbaraga za gisirikare muri Hormuz cyangwa ngo yake amahoro ku bwato buyinyuramo.
Ubwato bw'u Bushinwa bwemerwe gutambuka, ubwa Amerika burakumirwa
N’ubwo u Bushinwa bwijeje Amerika ubufatanye, itangazamakuru ryo muri Iran ryatangaje ko ubwato bw’u Bushinwa bwemerewe gukoresha iyi nzira bugakumirwa.
Ibi biri mu murongo wa Tehran wo kwemerera gusa ibihugu by’inshuti gutambuka, ariko hagakumirwa ubwato bwose bufite aho buhuriye na Amerika n’incuti yayo Israel.
Ku rundi ruhande, intambara iracyakaza umurego mu mazi; ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) zatangaje ko zimaze gukumira ubwato 72 bwa Iran ndetse zisenya ubundi bune kuva itariki ya 13 Mata 2026, mu gihe Amerika na yo igikumira ubwato bwose bwa Iran ku byambu byayo.
No comments