OMS yaburiye Isi ku bwandu bushya bwa Hantavirus nyuma y’aho hagaragaye abantu 11 bayanduye

 


Umuyobozi Mukuru w’Ishami rya Loni ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko hashobora gukomeza kuboneka abantu bandura indwara ya Hantavirus mu byumweru biri imbere. 

Ibi yabigarutseho ku wa 12 Gicurasi 2026 i Madrid muri Espagne, nyuma y'uko hamaze kwemezwa abantu 11 banduye iyi virusi.

Imiterere y'indwara n'uko yandura 

Hantavirus ni indwara iterwa na virusi zikunze kuba mu ngugunnyi cyane cyane imbeba. Abantu bashobora kuyandura binyuze mu buryo butandukanye:

  • Guhumeka umwuka wandujwe n’inkari, ibisigazwa, cyangwa amacandwe y’izo ngugunnyi.

  • Gukora ahantu handuye umuntu akikora ku munwa, ku izuru, cyangwa mu maso.

  • Kurya cyangwa kunywa ibiribwa n’amazi byanduye.

Inkomoko y’iki kibazo muri uyu mwaka 

Iyi virusi yatangiye kugarukwaho cyane muri Werurwe 2026, ubwo abantu 150 bari mu bwato bw’ubutembere bwa M/V Hondius bavuye muri Argentine batangiraga gupfa. 

Ubwo bwato bwaheze mu kato mu nyanja hafi y’Ibirwa bya Canary nyuma y'uko ibihugu byanze kubwakira bitinya ikwirakwira ry'iyi ndwara. 

Amaherezo, Espagne yaje kwemerera ubu bwato guhagarara ku kirwa cya Tenerife kugira ngo abari baburimo bitabweho.

Dr. Tedros yagaragaje ko n’ubwo hakomeje kugaragara ubwandu bushya, kugeza ubu nta kimenyetso cy’uko iyi ndwara ishobora guhinduka icyorezo gikomeye nka Covid-19, ariko ashimangira ko ibintu bishobora guhinduka bitewe n'uko icyorezo kimeze.

No comments

IZIHERUKA

DJ Toxxyk yasabiwe gufungwa imyaka 5 mu bujurire bw’Ubushinjacyaha

  Umuvangamiziki rurangiranwa mu Rwanda, Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk , yongeye kugezwa imbere y’ubucamanza kuri uyu wa Gatan...

Powered by Blogger.