Ndahiro Valens Papy yasabiwe gufungwa imyaka 5 azira inkuru yakoze kuri BTN TV
Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy, uzwi cyane ku kigo cy’itangazamakuru cya BTN TV, yasabiwe n’Ubushinjacyaha igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw.
Ibi byatangajwe mu rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kuri uyu wa 14 Gicurasi 2026, aho aregwa gutangaza ibihuha no gutukana mu ruhame.
Inkomoko y’ikibazo n’ibyaha aregwa
Ibyaha uyu munyamakuru aregwa bishingiye ku nkuru yakoze mu mwaka wa 2024 yerekeye umushoramari Ndayisenga Materne.
Muri iyo nkuru, Ndahiro yavuze ko uyu mushoramari yasije ikibanza mu murenge wa Muhima bikabangamira inzira z’abaturage.
Ubushinjacyaha buvuga ko uyu munyamakuru yakoresheje amagambo yo kwibasira uyu mushoramari, amugereranya n’inyamaswa nka "ifuku" n’andi magambo arimo "inkebebe" n’'inkirabuheri.
Uburyo uregwa yireguye
Ndahiro Valens Papy yahakanye ibi byaha byose, ashimangira ko:
Inkuru yayikoze mu buryo bwa kinyamwuga amaze guhamagarwa n'abaturage bashakaga ubuvugizi.
Ibitangazamakuru akorera (BTN TV) byabanje gusuzuma no kwemeza inkuru mbere y'uko itambuka.
Amagambo afatwa nka "ibitutsi" yavuzwe n'abaturage mu nkuru, atari we wayivuze.
Umwuga w'itangazamakuru awumazemo imyaka 15, akaba atatukana mu ruhame.
Uyu munyamakuru yongeyeho ko inkuru yakoze yatumye n’ubuyobozi buhagarika ibikorwa by’uriya mushoramari ndetse bumuca amande ya miliyoni 9 Frw, ibyo akaba abibona nk'ikimenyetso cy’uko ibyo yatangaje byari bifite ishingiro.
Urukiko rwatangaje ko ruzasoma umwanzuro w’uru rubanza tariki ya 12 Kamena 2026.
No comments