Kylian Mbappé mu mazi abira: Abafana ba Real Madrid miliyoni 30 basinyiye ko agomba kugurishwa

 

Kylian Mbappé

Ibihe bya Kylian Mbappé muri Real Madrid bikomeje kuzamo ibibazo bikomeye nyuma y’uko abafana b’iyi kipe batangije umukwabu wo kumusohora muri iyi kipe. 

Mu gihe cy’amasaha 48 gusa, abafana bagera kuri miliyoni 30 bamaze gushyira umukono ku busabe (petition) busaba ko uyu rutahizamu w’Umufaransa yagurishwa.

Intandaro y’uburakari: Esther Espósito n’imyitwarire hanze y’ikibuga 

Uburakari bw’abafana bwiyongereye nyuma y’uko hagiye hanze amafoto ya Mbappé ari kwinezeza n’umukunzi we, umukinnyi wa filime w’Umutaliyani, Esther Espósito. 

Icyababaje abafana ni uko uyu mukinnyi yagaragaye mu birori nyamara asanzwe afite imvune yatumye adafasha ikipe mu bihe bikomeye. 

Abafana batangiye gushyira amakosa kuri Esther, bavuga ko ari we ntandaro yo gukenyuka k’uyu mukinnyi.

Umusaruro mu mibare vs Amakombe 

Nubwo abafana bamushinja umusaruro muke, imibare ya Mbappé irivugira:

  • Imikino 41 iheruka: Ibitsindo 41.

  • Muri rusange muri Madrid: Imikino 100, ibitego 85 n’imipira 11 ivamo ibitego.

Icyakora, ikibazo gikomeye ni uko iyi mibare itarahindukamo ibikombe bya La Liga cyangwa UEFA Champions League kuva yageramo mu 2024. Ibi bishimangirwa n'uko ikipe ya PSG yamuvuyemo yahise yegukana Champions League ya 2024/25, ndetse ubu ikaba iri ku mukino wa nyuma wa 2026 aho izahurira na Arsenal.

Amacakubiri mu rwambariro

Haravugwa kandi ko Mbappé ashinjwa n’abakinnyi bagenzi be kwironda, ibintu byatumye ubusatirizi afatanyamo na Vinicius Junior butangira gucikamo ibice. 

Amasezerano ye azageza mu 2029, ariko iki gishitira cy'abafana gishobora gutuma ubuyobozi bwa Real Madrid bufata ibyemezo bikomeye mbere y’uko uyu mwaka w’imikino urangira.


No comments

IZIHERUKA

Tibor Nagy yicujije gushyigikira Tshisekedi: "Naribeshye cyane"

Mu butumwa butunguranye bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 7 Gicurasi 2026, Tibor Nagy, wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Le...

Powered by Blogger.