Ibivugwa hagati ya Israel na UAE: Netanyahu yemeje uruzinduko rw’ibanga muri UAE, icyo gihugu kirabyitarutsa
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Gicurasi 2026, ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, byatangaje amakuru yateje urujijo n’ubwumvikane buke mu rwego rwa dipolomasi, nyuma yo kwemeza ko uyu muyobozi yagiriye uruzinduko rw’ibanga muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE).
Uruzinduko rw’amateka cyangwa iturufu ya politiki?
Ubutumwa bwashyizwe kuri X n’ibiro bya Netanyahu buvuga ko uyu ruzinduko rwabaye hagati muri "Operation Roaring Lion", aho Netanyahu yahuye na Perezida wa UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed.
Ziv Agmon, wahoze ayobora ibiro bya Netanyahu, yemeje ko yari kumwe na we i Abu Dhabi kandi ko yakiriwe "nk’umwami", ndetse ko Perezida Sheikh bin Zayed ubwe yamukuye ku ndege.
Ibi bije nyuma y’amakuru avuga ko UAE na yo yaba yari yifatanyije na Israel mu kurasa muri Iran muri iyi ntambara imaze iminsi. Abasesenguzi bavuga ko gutangaza ibi ari "iturufu" Netanyahu akoresha muri politiki y’imbere mu gihugu cye kugira ngo yerekane ko yubatse ubufatanye n’Abarabu mu guhangana na Iran.
UAE yabyamaganiye kure
Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya UAE yahise isohora itangazo rikomeye rihakana rwose ko urwo ruzinduko rwabayeho cyangwa kwakira itsinda rya gisirikare rya Israel.
UAE yashimangiye ko umubano wayo na Israel ushingiye ku masezerano ya Abraham Accords yo mu 2020 kandi ko ukorwa mu mucyo. UAE yagaragaje ko ibivugwa ari amakuru "nta shingiro" afite.
Ingaruka ku mutekano w’akarere
Kugaragaza ubu bufatanye bwa Israel na UAE bifatwa nka "ukwikunda" kwa Netanyahu kuko bishobora gushyira UAE mu kaga ku baturanyi bayo b’Abarabu.
Amakuru akomeje gucicikana avuga ko UAE yaba yaremeye guhabwa uburyo bw’ubwirinzi bwa Iron Dome no kwakira abasirikare ba Israel (IDF).
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Iran, Seyed Abbas Araghchi, yavuze ko ibyatangajwe na Netanyahu bishimangira ibyo ubutasi bwabo bwari buzi, avuga ko gufatanya na Israel ku buryo bugirira nabi abaturage ba Iran ari "ibintu bitababarirwa".
Ibi bibaye mu gihe Perezida Donald Trump ari mu Bushinwa aganira na Xi Jinping ku buryo bwo guhagarika iyi ntambara na Iran.
No comments