Sheebah Karungi yeruye ku bivugwa ku miterere y’urukundo rwe n’imyifatire ye mu guharikwa

 


Umuhanzikazi w’icyamamare ukomoka muri Uganda, Sheebah Karungi, yavuze ku nshuro ya mbere ku miterere y’urukundo rwe ndetse n’uburyo abona ikibazo cy’ubuharike, nyuma y’igihe kirekire avugwaho amakuru atandukanye. 

Mu kiganiro yatambukije kuri Podcast ye yise ‘Let’s talk about it’, yagarutse ku byo kuryamana n’abo bahuje ibitsina akunze gushinjwa n’uburyo yakwakira kuba mu muryango w’abagore benshi.

Urukundo rurenga igitsina cy’umuntu 

Sheebah yavuze ko kenshi yagiye ashinjwa ubutinganyi bitewe n’uburyo yaharaniraga uburenganzira bw’abagore. Yasobanuye ko we icyo aha agaciro ari uwo umuntu ari we ku mutima no mu mico ye kurusha igitsina cye. 

Yagize ati: “Nkunda uwo nkunda, nkundana n’abantu. Icyo ni cyo gusa navuga. Niba uri umuntu mwiza, nzagukunda.” Yongeraho ko yiteguye gukunda umuntu wese umufata neza, waba umugabo cyangwa umugore.

Guharikwa ntabwo ari ikibazo kuri we 

Ku bijyanye n’ubuharike, uyu muhanzi yatangaje ko ntacyo guharikwa byamutwara, ndetse ko yiteguye kuba umugore wa cumi niba byaba ngombwa. Ati: “Ntacyo byaba bintwaye. Ntabwo ndi gukina. Nshobora kuba uwa kane, nshobora no kuba uwa cumi.”

Ibi bije mu gihe ku wa 24 Ugushyingo 2024, Sheebah yibarutse umwana we w’imfura yabyaranye na Jaffar Suleiman, rwiyemezamirimo w’Umugande utuye mu Bwongereza, usanzwe ufite undi mugore n’abana batatu.

No comments

IZIHERUKA

DJ Toxxyk yasabiwe gufungwa imyaka 5 mu bujurire bw’Ubushinjacyaha

  Umuvangamiziki rurangiranwa mu Rwanda, Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk , yongeye kugezwa imbere y’ubucamanza kuri uyu wa Gatan...

Powered by Blogger.