Gasabo: Urwego rwa RIB rwataye muri yombi Sky2 ukurikiranyweho gukubita no kuruma ugutwi umugore we
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Hahirwabasenga Thimotee (Sky2) kuri uyu wa 11 Gicurasi 2026, nyuma y’aho akekeweho gukorera ubugome ndengakamere umugore we mu Murenge wa Nduba, mu Karere ka Gasabo.
Amakuru agera kuri InganjiNews avuga ko uyu mugabo yaba yaragiye ahoza ku nkeke umugore we basezeranye, ndetse biza guhumira ku mirari ku wa 5 Gicurasi 2026, ubwo yamukubitaga akamukomeretsa bikabije ndetse akamuruma n’ugutwi.
Ibyaha Sky2 akurikiranyweho n’ibihano biteganywa:
Gukubita no gukomeretsa ku bushake: Biteganywa n’ingingo ya 11 y’itegeko ryo mu 2023. Bishobora guhanishwa igifungo kuva ku mezi 6 kugeza ku mwaka umwe n'ihazabu y'amafaranga.
Guhoza ku nkeke uwo mwashyingiranywe: Iki cyaha gihanwa n'ingingo ya 147 y'Itegeko ryo mu 2018, kigahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe kugeza ku myaka ibiri.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yibukije Abanyarwanda ko ihohoterwa rishingiye ku gitsinda cyangwa irikorerwa mu muryango ritazihanganirwa, ashimangira ko uwo ari we wese uzafatwa akora ibyaha nk’ibi azagezwa imbere y’ubutabera. Sky2 ubu afungiye kuri Station ya RIB ya Nduba mu gihe dosiye ye iri gutunganywa.
No comments