Ubukoloni bushya cyangwa Ubucuruzi? Donald Trump arashaka kugira Venezuela Leta ya 51 ya Amerika
Ikinyamakuru Fox News cyatangaje inkuru ikomeye nyuma y’ikiganiro umunyamakuru John Roberts yagiranye na Perezida Donald Trump kuri telefone ku wa 11 Gicurasi 2026.
Muri icyo kiganiro, Trump yahamije ko afite umugambi wo guhindura Venezuela Leta ya 51 ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’aho ubutegetsi bwa Nicolás Maduro buhirikiwe muri Mutarama uyu mwaka.
Iby’ingenzi bishingirwaho n’uyu mugambi:
Umutungo wa Peteroli: Trump yavuze ko Venezuela ifite peteroli ihagaze agaciro ka miliyari ibihumbi 40$, kandi Amerika ikwiye kuyibyaza umusaruro mu buryo butaziguye.
Gukundwa mu baturage: Trump yavuze ko "Venezuela ikunda Trump", ashingiye ku buryo bamwe mu baturage bishimiye ihirikwa rwa Maduro.
Icyerekezo cya 2026: Nyuma yo guta muri yombi Maduro, Amerika imaze gusubukura ubucuruzi bwa peteroli aho muri Mata hagemurwaga utugunguru miliyoni buri munsi.
Icyakora, uyu mugambi uhuye n’inkomyi ikomeye kuko ubusugire bw’ibihugu n’amategeko mpuzamahanga bitabyemera mu buryo bworoshye. Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez, yahise atsemba avuga ko "ibyo bitazigera biba."
No comments