Byagenda bite uramutse uretse kunywa amazi? Ukuri gutangaje ku cyo amazi amarira umubiri wawe
Hari ibintu umuntu akora buri munsi atabanje kubiha agaciro. Kunywa amazi ni kimwe muri byo.
Akenshi abantu banywa soda, icyayi, ikawa cyangwa inzoga kurusha amazi, nyamara amazi ari cyo kintu umubiri ukenera cyane kugira ngo ubashe gukora neza.
Ikibazo ni uko benshi bamenya akamaro kayo bamaze kugira ikibazo cy’umwuma cyangwa uburwayi.
Umubiri wacu ubamo amazi menshi kurusha uko tubitekereza
Umubiri w’umuntu ugizwe n’amazi ku rugero ruri hagati ya 55% na 60%. Ku bana bato, ayo mazi ashobora kugera kuri 75%.
Ndetse:
- Ubwonko bugizwe n’amazi hafi 75%
- Ibihaha birimo amazi 83%
- Umutima urimo amazi 73%
- N’amagufa na yo arimo amazi
Ibi bisobanura ko amazi atari icyo kunywa gusa, ni igice kigize ubuzima bwacu.
Bigenda bite iyo uhagaritse kunywa amazi?
Iyo umuntu aretse kunywa amazi burundu, umubiri utangira gusenyuka buhoro buhoro.
Mu masaha ya mbere:
- Umunwa uruma
- Inkari zigahinduka umukara kandi zikagira impumuro ikomeye
- Umubiri ugatangira gucika intege
Ku munsi wa mbere:
Ubwonko butangira gukora nabi. Gutekereza biragorana, umuntu akagira isereri no kuzungera.
Ku munsi wa kabiri:
Umubiri ugabanya ibikorwa byinshi bisaba amazi. Kubira ibyuya no kwihagarika biragabanuka. Ndetse no kumira ibiryo bishobora kugorana.
Ku munsi wa gatatu n’indi ikurikiyeho:
Ingingo z’umubiri zitangira guhagarara rumwerumwe:
- Impyiko zikareka gukora
- Umwijima ugacika intege
- Umutima ugatangira kunanirwa
Mu bihe byinshi, umuntu ashobora gupfa hagati y’iminsi itanu n’itandatu adafashe amazi, cyane cyane niba ari ahantu hashyushye.
Ikibazo gikomeye: Hari benshi bafite ikibazo cy’umwuma batabizi
Abantu benshi bagira:
- Umunaniro uhoraho
- Kubabara umutwe
- Kudashyira ubwenge hamwe
- Kwibagirwa bya hato na hato
…nyamara ikibazo nyamukuru ari ukubura amazi ahagije mu mubiri.
Hari n’abihutira gufata imiti myinshi kandi ikibazo cyabo cyakemuka banywa amazi neza.
Amazi angana iki umuntu akwiye kunywa?
Nta mubare umwe uhwanye na bose, ariko abahanga bavuga ko:
- Abagabo bakenera hagati ya litiro 2.5 na 3.5 ku munsi
- Abagore bakenera hagati ya litiro 2 na 2.5
Ibi bishobora kwiyongera bitewe:
- N’ikirere
- Imyitozo ngororamubiri
- Akazi gakoresha imbaraga
- Indyo umuntu afata
Inzoga na soda si amazi
Nubwo ibinyobwa byinshi birimo amazi, ntabwo bisimbura amazi meza.
By’umwihariko:
- Inzoga zituma umubiri utakaza amazi menshi
- Soda nyinshi zifite isukari n’ibinyabutabire bishobora kugira ingaruka ku buzima
Ni yo mpamvu abaganga basaba abantu kunywa amazi make make umunsi wose aho gutegereza inyota ikabije.
Amazi ni ibintu byoroshye kubona, ariko bifite agaciro kanini ku buzima. Kuyirengagiza bishobora kugira ingaruka umuntu atamenya ako kanya.
No comments