BK Pro League: Al Hilal SC yanyagiye APR FC ibitego 4-0, iyambura ku mwanya wa kabiri

Al Hilal SC yanyagiye APR FC


Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ikomeje kwerekana ko ari ubukombe muri shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo gukandagira APR FC ikayitsinda ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 30. 

Uyu mukino wari utegerejwe n’abatari bake, wasize Al Hilal ishushanyije neza intego yayo yo gutwara igikombe, mu gihe APR FC yahise itakaza umwanya wa kabiri yari imazeho igihe kirekire.

Uko ibitego byagiye bikurikirana 

Umukino watangiye saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, Al Hilal yerekana imbaraga zidasanzwe:

  • Umunota wa 11: Elhadj Kane yafunguye amazamu ku mupira w’umuterekano (set-piece) waturutse hanze y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Adolphe Hakizimana ntiyamenya uko byagenze.

  • Umunota wa 33: Ahmed Salem yatsinze icya kabiri nyuma y’uburangare mu bwugarizi bwa APR FC.

  • Umunota wa 67: Omer Taha, winjiye asimbuye, yatsinze igitego cya gatatu agisuhuza umunyezamu Yves Ruhamyankiko wari umaze amasegonda yinjiye mu kibuga.

  • Umunota wa 79: Mohamed Yousif Yagub yashyizemo agashinguracumu k’igitego cya kane, umukino urangira ari 4-0.

Guhinduka kw’urutonde rwa Shampiyona 

Uku gutsindwa gukomeye kwa APR FC kwatumye imanuka ku mwanya wa gatatu n’amanota 56. Ku rundi ruhande, Al Merrikh SC, na yo yo muri Sudani, yahise ifata umwanya wa kabiri n’amanota 58 nyuma yo kunyagira Etincelles FC ibitego 4-1 mu mukino wabaye kare. 

Al Hilal SC yo iracyayoboye urutonde n’amanota ashimangira ko yitegura kwikubira igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri uyu mwaka.

No comments

IZIHERUKA

Tibor Nagy yicujije gushyigikira Tshisekedi: "Naribeshye cyane"

Mu butumwa butunguranye bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 7 Gicurasi 2026, Tibor Nagy, wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Le...

Powered by Blogger.