Tibor Nagy yicujije gushyigikira Tshisekedi: "Naribeshye cyane"
Mu butumwa butunguranye bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 7 Gicurasi 2026, Tibor Nagy, wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, yavuze ko kimwe mu bintu yicuza kurusha ibindi mu gihe cye cy’inshingano, ari uburyo yasabye Amerika gushyigikira Félix Tshisekedi nk’uwatsinze amatora yo mu 2018.
Icyerekezo cyahindutse hagati ya 2019 na 2026
Nagy yavuze ko mu 2019 yizeraga ko Tshisekedi azaba umuyobozi utandukanye uzashyira imbere inyungu z'abaturage, agateza imbere demokarasi n'umubano mwiza n'ibihugu by'abaturanyi birimo u Rwanda na Uganda.
Icyakora, ubu yemeza ko yibeshye cyane. Ibi aje abivuga mu gihe hashize umunsi umwe gusa Perezida Tshisekedi atangaje ko ashobora kwiyamamariza manda ya gatatu.
Manda ya gatatu n'imbogamizi z'amatora ya 2028
Mu kiganiro n'itangazamakuru i Kinshasa, Perezida Tshisekedi yaciye amarenga ko azakomeza kuyobora niba "abaturage babimusabye".
Yavuze kandi ko mu gihe intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC itahagarara, bishobora gutuma amatora ya 2028 ataba, atanga urugero rwa Ukraine aho amatora yasubitswe kubera intambara.
Iyi mitekerereze yateje impaka zikomeye, aho abatavuga rumwe n'ubutegetsi batinya ko RDC ishobora gusubira mu bihe by'imvururu zishingiye ku gundira ubutegetsi n'ivugururwa ry'Itegeko Nshinga ryaba rishaka gukuraho imipaka ya manda za Perezida.
No comments