Kivu y'Amajyepfo mu mazi abira: Abadepite 18 bateguye umushinga wo kweguza Guverineri Jean-Jacques Purusi Sadiki
Urwego rucunga amategeko n'ubuyobozi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri mu mivurungano idasanzwe, nyuma y'uko abadepite 18 bashyikirije Inteko inyandiko igamije kweguza Guverineri Jean-Jacques Purusi Sadiki.
Miliyoni z'Amadolari n'izahabu: Dore ibyaha ashinjwa
Aba badepite barimo Wilondja Nepangi José na bagenzi be, batanze ubuhamya n’imibare bitesha umutwe ku buryo uyu muyobozi yaba yaranyereje umutungo w’intara kuva yajyaho muri Kamena 2024:
Miliyoni 44$: Ashinjwa kuyanyereza mu mishinga itandukanye y'intara.
Miliyoni 90$: Inkunga ya Banki y’Isi yari igenewe iterambere rya Kalehe, Fizi, Uvira na Mwenga, bivugwa ko atageze aho yari agenewe.
Izahabu n'amafaranga by'Abashinwa: Ashinjwa kwitwarira amadolari 400,000 n'udupaki 10 twa zahabu byari byafatiwe by,Abashinwa bafunzwe.
Miliyoni 1.7$: Amafaranga yahawe yo gusubiza inzego za Leta kuri gahunda muri Uvira nyuma yo kuhambura AFC/M23, bivugwa ko yayishyiriye mu mufuka.
Gushimagiza M23 n'amagambo aca intege ingabo za RDC
Uretse kunyereza umutungo, aba badepite bashinja Guverineri Purusi icyaha gikomeye cy'ubugambanyi, bavuga ko yagiye ashimagiza ku mugaragaro abarwanyi ba AFC/M23 akandagaza ingabo za Leta (FARDC) n'ihuriro rya Wazalendo. Ikindi ashinjwa ni ukugaragaza ko Perezida Félix Tshisekedi afite uruhare mu bucuruzi bwa magendu bw'Abashinwa bakora ubucukuzi butemewe.
Ese ubona uyu muvuno w'abadepite wo kweguza Guverineri uje nk'igisubizo ku mutungo w'intara unyerezwa, cyangwa ni umukino wa politiki ishingiye ku nshingano nshya za Leta muri kariya gace?

No comments