Muhanga: Abaturage b’i Nyarusange barashinja inzego z’ibanze gufata indonke ngo bakingire ikibaba abangiza ibidukikije

Muhanga: Abaturage b’i Nyarusange barashinja inzego z’ibanze gufata indonke ngo bakingire ikibaba abangiza ibidukikije


Mu Murenge wa Nyarusange, cyanecyane mu Kagari ka Ngaru, hari umwuka utari mwiza hagati y’abaturage n’ubuyobozi bw’ibanze. Abaturage barashinja bamwe mu bayobozi b’Akagari kwakira ruswa kugira ngo borohereze abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’abatema amashyamba ku manywa y’ihangu.

Ubucukuzi n’utwiko tw’amakara ku manywa y’ihangu 

Nubwo Ikigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB) cyarafunze ibirombe byo muri aka gace, abaturage bavuga ko ibikorwa byakomeje nk’ibisanzwe. Binubira ko abacukuzi banyura imbere y’ibiro by’Akagari bitwaje ibikoresho ariko ntibagire icyo babazwa.

"Bafite amazina ya bamwe mu baturage banyuzwaho amafaranga ajya ku bayobozi b’Akagari... bakayatanga kugira ngo batabatangaho raporo." — Umuturage w’i Ngaru.

Igisubizo cy’ubuyobozi 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Ngaru, Uwimana Christine, ahakana ibi birego akavuga ko batanga raporo kandi hari n’abafungiye muri "Transit Center". Icyakora, Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yagaragaje ko bitumvikana uburyo abacukuzi bagikomeza akazi kandi ibyangombwa byarakuweho.

Meya Kayitare yasabye abaturage gutanga amakuru ashingiye ku bimenyetso kuri abo bayobozi bakekwaho kwakira indonke kugira ngo babihanirwe.


 Ruhango: Umuturage yagwiriwe n’igikuta cy’ishuri ahita apfa ubwo yari mu muganda 

No comments

IZIHERUKA

Abanyamakuru bakomeye basezeye muri RBA: Impinduka zikomeye mu itangazamakuru ry’u Rwanda

  Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) rukomeje kugaragaramo impinduka zikomeye nyuma y’uko bamwe mu banyamakuru bamenyekanye cyane ba...

Powered by Blogger.