U Burundi 2027: Perezida Ndayishimiye yemejwe nka Nomine w’ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

U Burundi 2027: Perezida Ndayishimiye yemejwe nka Nomine w’ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu


Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD, ryongeye kugirira icyizere Perezida Evariste Ndayishimiye, rimwemeza nk’umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka wa 2027.

Icyemezo cy’Inteko Rusange idasanzwe 

Iki cyemezo cyafatiwe mu nteko rusange idasanzwe y’iri shyaka yabaye kuri uyu wa 26 Mata 2026. Bije bica amazimwe yari amaze imyaka avuga ko haba hari ubwumvikane buke hagati ya Perezida Ndayishimiye n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka, Révelien Ndikuriyo, wajyaga ahabwa amahirwe yo kuba yakwitangaza nk'umukandida.

Kugira umurundi wese atunge kandi atunganirwe

Nyuma yo kwemezwa n’ Abagumyabanga, Perezida Ndayishimiye yashimiye icyizere yagiriwe, yiyemeza gukomeza urugendo rwatangiye mu 2020:

“Ubwo twakoze mugashima, mbemereye gukomeza izi nshingano, turi kumwe twese, kugira umurundi wese atunge kandi atunganirwe.” — Perezida Evariste Ndayishimiye.

Ndayishimiye natorwa mu 2027, azaba yinjiye mu manda ya kabiri n’iya nyuma yemererwa n’Itegeko Nshinga rishya ry’u Burundi (manda y’imyaka 7). 


 Muhanga: Abaturage b’i Nyarusange barashinja inzego z’ibanze gufata indonke ngo bakingire ikibaba abangiza ibidukikije 

No comments

IZIHERUKA

Ikibazo cya Nucléaire: IAEA itewe impungenge n’uko Iran imaze umwaka itanga amakuru mu ibanga nyuma yo kuraswaho na Amerika

  Ikigo Mpuzamahanga Gishinzwe Ingufu za Nucléaire ( IAEA ) cyasohoye raporo nshya nshirana itakamba, kigaragaza impungenge zikomeye z’uko c...

Powered by Blogger.