Donald Trump yongereye igihe cy’ibiganiro na Iran ariko akomeza gufunga ibyambu
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko agahenge mu ntambara ya Iran kagiye gukomeza, mu rwego rwo guha amahirwe ibiganiro bigamije guhagarika intambara imaze amezi abiri izahaza impande zombi n’ubukungu bw’isi.
Uruhare rwa Pakistan mu gahenge k’agateganyo
Iki cyemezo cyaje nyuma y’aho ubuyobozi bwa Pakistan, binyuze kuri Minisitiri w’Intebe Shehbaz Sharif na Maréchal Asim Munir, busabye Amerika gutanga agahenge kugira ngo Iran ibone umwanya wo kumurika imbanzirizamasezerano. Trump yavuze ko yubashye ubwo busabe ariko ashimangira ko ibyambu bya Iran bigomba kuguma bifunzwe n’ingabo za Amerika zikaguma zaryamiye amajanja.
Ubukungu n'ikiguzi cya Peteroli
Iyi ntambara yagize ingaruka zikomeye ku isoko ry’isi, cyanecyane kubera ifungwa ry’inzira ya Hormuz, inyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli ku isi.
Muri Werurwe 2026, igiciro cya peteroli cyageze kuri 120$ ku kagunguru (barrel), kivuye kuri 70$.
Nyuma y’itangazo rya Trump ry’uyu munsi, igiciro cyahise kigabanukaho gato kigera kuri 98.97$.
Iterabwoba rya nyuma?
Nubwo Trump avuga ko intambara iri hafi kurangira, yandikiye Iran ubutumwa bukomeye avuga ko nibaramuka banze ibiganiro, bazahura n’akaga batigeze babona mu mateka yabo. Ku rundi ruhande, Iran iracyashidikanya ku bushake bwa Amerika mu bijyanye na demokarasi.
Ese ubona ubu buryo bwa Trump bwo gukoresha iterabwoba (Pressure) n'agahenge icyarimwe buzaba umuti urambye wo guhagarika intambara muri Iran?

No comments