Raporo ngaruka mwaka ya NISR igaragaza ko ishoramari rihagaze neza mu Rwanda
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko mu 2024 ishoramari ryakorewe mu Rwanda ryageze ku gaciro ka miliyari 3,27 $ rivuye kuri miliyari 1,67$ ryariho mu myaka umunani ishize aho ryari ryitezweho guhanga imirimo mishya irenga 50.000 mu mwaka.
Ibyo ni bimwe bikubiye muri raporo ngarukamwaka izwi nka Rwanda Statistical Yearbook yasohowe na NISR mu mpera za Ukuboza 2025 ku bijyanye n’ishoramari ikaba yarashingiye ku makuru yatanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).
Iyo raporo igaragaza ko ishoramari no guhanga imirimo byagiye byiyongera muri rusange kuva mu 2017 kugera 2024.
Mu 2017, ishoramari ryakorewe mu Rwanda ryari rifite agaciro ka miliyari 1,67$ ariko mu 2018 ryageze kuri miliyari 1,14$.
Mu 2019 ryageze kuri miliyari 2,46 $ ariko mu 2020 ryongeye kumanuka riba miliyari 1,3$ bitewe n’icyorezo cya Covid-19.
Muri iyi myaka umunani yose uwa 2021 ni wo wagaragayemo ishoramari riri hejuru kurusha irindi kuko ryageze kuri miliyari 3,75$.
Mu 2022 ishoramari ryakorewe mu Rwanda ryari rifite agaciro ka miliyari 1,63$ mu 2023 rigera kuri miliyari 2,47$ naho mu 2024 rigera kuri miliyari 3,27$.
Iryo shoramari kandi ryagize uruhare mu guhanga imirimo mishya yahaye akazi Abanyarwanda aho mu 2017 hahanzwe igera ku 37.548 naho mu 2018 hahangwa 24.946.
Mu 2019 ishoramari ryakorewe mu Rwanda ryagize uruhare mu guhanga imirimo 35.715, mu 2020 iba 24.675 bitewe na Covid-19 ariko mu 2021 yongera kuzamuka iba 48.369.
Mu mwaka wa 2022 imirimo mishya yahanzwe yongeye kuzamuka iba 57.627 mu 2023 igera ku mirimo 40.198 naho mu 2024 iba 51.635 yahanzwe muri uwo mwaka.
Iyo mibare igaragaza ko ishoramari rikomeje kuba inkingi ikomeye mu guhanga imirimo, nubwo umubare w’agaciro k’ishoramari ushobora kugabanuka cyangwa kwiyongera bitewe n’umwaka.
Ikindi ni uko ishoramari ari ryo nkingi ya mwamba mu guhanga imirimo mishya mu Rwanda ariko atari ryo ryonyine kuko hari izindi nzego zigira uruhare mu guha abantu akazi.
Muri Gahunda ya Kabiri y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere (NST2) yatangiye mu 2024–2029, Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego yo guhanga nibura imirimo ibihumbi 250 buri mwaka.
Muri rusange, intego ni uko iyo myaka itanu izasiga hahanzwe imirimo mishya ingana na miliyoni imwe n’ibihumbi 250.

No comments