CAN 2025: amakipe ya Nigeria na Misiri amaze kugera muri 1/2

 


Nyuma y’ibibazo by’amikoro mu Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, yasezereye Algeria muri ¼ cy’Igikombe cya Afurika iyitsinze ibitego 2-0, naho Misiri ikuramo Côte d’Ivoire yari ibitse igikombe giheruka ku bitego 3-2.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026, ni bwo ku bibuga bya Stade Adrar no kuri Stade de Marrakech hakomeje kubera imikino ya 1/4 cy’iri rushanwa riri kubera muri Maroc.

Umukino wabanje ni uwa Nigeria yagiye kuwukina ivugwamo ibibazo byo kudahabwa uduhimbazamushyi twayo, dore ko abakinnyi bari baranze gukina uyu mukino kugeza ubwo Kapiteni wayo Wilfred Ndindi yemeye kubiyishyurira imyenda yose.

Amakipe yombi yakinnye ashaka intsinzi mu gice cya mbere ariko ntibyakunda, Nigeria iva mu karuhuko iri hejuru ihita ibona igitego cya mbere cyatsinzwe na Victor Osimhen abifashijwemo na Bruno Onyemaechi wamuhaye umupira.

Uyu rutahizamu ukinira Galatasaray S.K. yo muri Turikiya na we yatanze umupira kuri Akor Adams, ashyiramo igitego cya kabiri muri uyu mukino ku munota wa 57. Iki ni cyo gitego cyatumye Super Eagles yizera itsinzi isanga Maroc ku mukino wa ½.

Kwihangana kw’abakinnyi ba Algeria n’abafana bayo kwabaye guke bituma havuka imvururu ku kibuga, aho bashakaga gukubita abasifuzi ndetse n’abashinzwe umutekano ku kibuga.

Undi mukino wahuje Misiri ya rutahizamu Mohamed Salah unyotewe iri rushanwa ndetse na Côte d’Ivoire yegukanye iriheruka ryabereye iwayo mu 2023.

Ku munota wa gatatu gusa, Omar Marmoush ukinira Manchester City yo mu Bwongereza yafashije Misiri kuyobora umukino ku gitego cyiza yashyize mu izamu.

Misiri yatangiye neza umukino yiharira umupira cyane, yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 32, ariko mbere yo kujya mu karuhuko mugenzi we Ahmed Fatouh yitsinze igitego bajya kuruhuka ari 2-1.

Mohamed Salah uri mu bahanzwe amaso muri iri rushanwa yatsinze igitego cya gatatu ku munota wa 52, gusa Côte d’Ivoire ntiyacika intege ikomeza gushaka uko ibyishyura byose, ibona icya kabiri ku munota wa 73.

Umukino warangiye ari ibitego 3-2, Misiri isanga Sénégal ku mukino wa ½ mu mukino uteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 14 Mutarama 2026

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.