Gufasha Cuba biri mu byaha Trump aziza Venezuela



Perezida Donald Trump yavuze ko Venezuela yahaga amafaranga menshi igihugu cya Cuba na cyo kikayiha abarinda umutekano.

Yagize ati “Cuba yabayeho igihe kirekire kubera petrole nyinshi n’amafaranga yavaga muri Venezuela.”

Trump avuga ko Cuba na yo yahaga Venezuela abarinda umutekano ku Bakuru b’Igihugu “yise abanyagitugu” ariko ngo ubu siko bikimeze.

Ati “Benshi muri abo Banya-Cuba barishwe mu gitero America yagabye mu cyumweru gishize, ubu ntabwo Venezuela igikeneye abarinda “abo bantu batagira gahunda” n’amabandi bari barayigaruriye iyo myaka yose.”

Yakomeje avuga ko ubu Venezuela ifite leta zunze ubumwe za America, ingabo zikomeye ku Isi, ziyirinze, zirinzwe abaturage bayo.

Perezida Trump yavuze ko nta petrole ndetse nta faranga na rimwe rizongera kujya muri Cuba. Ati “Ndabasaba ko basinya amasezerano amazi atararenga inkombe.”

Igitero America yagabye muri Venezuela igashimuta Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, bakajyanwa muri America cyamaganywe n’amahanga by’umwihariko Ubushinwa n’Uburusiya n’ibihugu bya Niger, Burkina Faso na Mali, ko cyarenze ku mategeko mpuzamahanga.

Ubutegetsi buriho muri Venezuela bwavuze ko icyo gitero cyaguyemo abantu 100, mu gihe Cuba yo yari yatangaje ko cyishe Abanya- Cuba 30 barindaga Perezida Nicolas Maduro.

Nubwo America ivuga ko yafashe Maduro kubera ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge, abandi babona ko Maduro azira petrol n’indi mitungo iri mu gihugu cye.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.