CAN 2025: Amakipe yabimburiye andi kugera muri ½ ni ayahe?
Ikipe y’Igihugu ya Maroc yatsinze Cameroun ibitego 2-0, Sénégal itsinda Mali igitego 1-0, aya makipe abimburira andi kugera muri ½ cy’Igikombe cya Afurika cya 2025.
Imikino ya ¼ yatangiye gukinwa ku wa Gatanu, tariki ya 9 Mutarama 2025 muri Maroc aho iri rushanwa rikomeje kubera.
wa Maroc na Cameroun watangiye iyi kipe iri mu rugo, isatira cyane ari na ko ibona koruneri nyinshi gusa ntizigire icyo zitanga.
Ku munota wa 26, Achraf Hakimi yateye koruneri neza Ayoub El Kaabi akina n’umutwe, umupira ukorwaho gato na Brahim Díaz atsinda igitego cya mbere.
Iyi kipe yakomeje gusatira ishaka igitego cya kabiri ariko Cameroun ikihagararaho, cyane ko yakiniraga inyuma.
Maroc yakomeje kwiharira umupira no kuyobora umukino, igice cya mbere kirangira yatsinze Cameroun igitego 1-0.
Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga nyinshi, by’umwihariko Cameroun isatira cyane ishaka kwishyura igitego ariko kuboneza mu izamu bikaba ikibazo.
Ku munota wa 61, Hakimi yahinduye umupira mwiza imbere y’izamu Ismael Saibari ashaka gukina n’umutwe ariko umunyezamu Devis Epassy awumukuraho.
Ku munota wa 68, Bryan Mbeumo yazamukanye umupira yinjira mu rubuga rw’amahina bamukinira nabi ariko umusifuzi avuga ko nta cyabaye, mu gihe benshi babonaga ari penaliti.
Mu gihe Cameroun yari yaryohewe no gusatira, Maroc yazamukanye umupira yihuta Díaz akorerwa ikosa.
Abde Ezalzouli yateye ‘coup franc’ nziza umupira usanga Saibari atera ishoti rikomeye rigendera hasi atsinda igitego cya kabiri ku munota wa 74.
Mu minota ya nyuma Cameroun yagerageje gukomeza gusatira ariko ibura igitego. Umukino warangiye Maroc yatsinze Cameroun ibitego 2-0 ikomeza muri ½.
Mu mukino wabanjirije uyu, Sénégal yatsinze Mali igitego 1-0 ibona itike ya ½.
Imikino wa ¼ izasozwa ku wa Gatandatu, aho Algeria izakina na Nigeria Saa 18:00 mu gihe Misiri izakina na Côte d’Ivoire Saa 21:00.

No comments