Shallipopi mu Rwanda: SKOL Malt na BK60 bazanye imyidagaduro idasanzwe i Kigali
Umuhanzi Shallipopi ukomoka muri Nigeria agiye gutaramira i Kigali mu gitaramo gikomeye cyiswe ‘Africast Fest: A Shallipopi Xperience’.
Mu rwego rwo kwitegura uyu munsi, hatangijwe ibitaramo bito bizajya bibera mu bice bitandukanye bya Kigali, aho ababyitabira bahabwa ibinyobwa bya SKOL Malt, bagatsindira ibihembo n’amatike yo kuzitabira igitaramo nyamukuru.
Uko imyiteguro iteye:
Igitamo cya mbere: Cyabereye kuri Paddock Lounge ku wa Kane, tariki ya 7 Gicurasi 2026, gisusurutswa na Diez Dola, Logan Joe, DJ Crush, n'umubyinnyi Divine Uwa.
Abahanzi bazasusurutsa abantu: Muri ubu rurehererekane rw’ibitaramo, abahanzi nka Juno Kizigenza, Kenny K-Shot, Shemi, na Logan Joe bazakomeza gushimisha abantu.
Igitaramo nyamukuru: Kizabera muri Camp Kigali ku wa 29 Gicurasi 2026.
Ibi bikorwa byahujwe no kwizihiza isaburu y’imyaka 60 ya Banki ya Kigali (BK60), bigizwemo uruhare na Intore Entertainment.
No comments