RDC yasabye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) gufatira ibihano RDF nka Amerika
Nyuma y’ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye abayobozi bakuru b’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) muri Werurwe uyu mwaka, Guverinoma ya Kinshasa ubu yerekeje amaso i Buruseli.
Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru wa RDC, Patrick Muyaya, yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi, asaba ko EU yatera ikirenge mu cya Washington.
Ibyo RDC ishingiraho isaba ibihano
Muyaya, mu ruzinduko rwe i Buruseli ku wa Gatatu tariki ya 6 Gicurasi 2026, yagaragaje impamvu eshatu z’ingenzi EU ikwiye gufatira u Rwanda ibihano:
Gushyigikira M23: Mu buryo busa n'ubw'Amerika, RDC ishinja RDF gutera inkunga no kurwana ifatanyije n'uyu mutwe mu burasirazuba bwa Congo.
Amabuye y'agaciro: Muyaya yasabye EU kugenzura amasosiyete y'i Burayi agura amabuye y'agaciro avugwa ko akurwa muri RDC mu buryo butemewe.
Uburenganzira bwa muntu: Guverinoma ya Kinshasa ishinja RDF kugira uruhare mu byaha byibasira abasivili muri Kivu y'Amajyaruguru.
Igisubizo cy'u Rwanda
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibi bihano n'ibi birego, ivuga ko kwibasira uruhande rumwe ari "ukugoreka ukuri".
Inzobere mu rwanda zigaragaza ko imiterere y'amakimbirane muri RDC ari iy'imbere mu gihugu, kandi ko ibihano bidakemura ikibazo ahubwo bishobora kudindiza inzira z'amahoro ziriho nka Luanda na Nairobi process.
No comments