Karongi: Gitifu w’Akagari ka Kavumu yasanzwe mu Mugezi wa Mbirurume yapfuye nyuma y’iminsi 10 abuze



Nyuma y’iminsi icumi yari ishize Habiyaremye Bernard, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kavumu mu Murenge wa Twumba, yaraburiwe irengero, umurambo we wasanzwe mu ruzi rwa Mbirurume. 

Uyu mugezi ni wo ugabanya Uturere twa Karongi na Nyamagabe, umurambo ukaba wabonetse ku wa Kane tariki ya 7 Gicurasi 2026.

Uko yabuze n’aho yafatiwe 

Habiyaremye Bernard w’imyaka 38, yaherukaga kugaragara ku wa 26 Mata 2026 ubwo yari yasuye iwabo mu Murenge wa Mutuntu. 

Amakuru y'ibanze atangwa n'ubuyobozi bw'Umurenge wa Mutuntu, avuga ko uyu muyobozi ashobora kuba yaratwawe n'umugezi wa Gatare ubwo yambukaga ava muri Centre ya Mukungu asubiye ku kazi ke i Twumba, uyu mugezi ukaza kumusuka muri Mbirurume.

Isuzuma ry'inzego z'ubutabera 

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’inzego z’umutekano bageze aho umurambo wabonetse mu Mudugudu wa Mayombo, basanga umurambo watangiye kwangirika.

  • Isura y'umurambo: Yasanzwe yambaye ubusa hejuru, ipantaro y'ubururu n'urukweto mu kirenge kimwe.

  • Isuzuma ry'abaganga: Umurambo wahise ujanwa ku Bitaro bya Kibuye, nyuma woherezwa ku Bitaro bya Polisi ku Kacyiru (Isange One Stop Center) kugira ngo hamenyekane niba haba hari ikindi cyishe nyakwigendera uretse gutwarwa n'amazi.


No comments

IZIHERUKA

Al Hilal na Al Merrikh zerekanye urwego rwo hejuru: APR FC yatsinzwe bikomeye i Kigali

  Ku mugoroba wo ku wa Kane, tariki ya 7 Gicurasi 2026, Kigali Pele Stadium yakiriye imikino isoza umunsi wa 30 wa BK Pro League, aho amakip...

Powered by Blogger.