Putin yageze i Beijing mu ruzinduko rwa mbere mu mahanga uyu mwaka, nyuma y’iminsi mike Trump ahavuye!
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yageze i Beijing mu Bushinwa mu ruzinduko rwe rwa mbere akoreye mu mahanga muri uyu mwaka wa 2026. Ibi bije nyuma y’iminsi mike cyane Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na we agiriye uruzinduko nk’urwo muri iki gihugu cy’igihangange mu bukungu n’igisirikare.
Putin yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa, Wang Yi, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege i Beijing ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 19 Gicurasi 2026, mbere yo kugirana ibiganiro byihariye na Perezida Xi Jinping.
Iby’ingenzi wamenya kuri uru ruzinduko:
Uruzi rwa 25 mu Bushinwa: Uru ruzinduko rwa 25 Putin agiriye mu Bushinwa mu mateka ye, rukaba rushimangira uburyo iki gihugu cyahindutse inkingi ya mwamba mu gukuraho akato u Burusiya bwashyizwemo n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi (Europe na Amerika) nyuma yo gushora intambara kuri Ukraine mu 2022.
Ubutwererane mu bukungu: U Bushinwa ni cyo gihugu cya mbere ku Isi kiza imbere mu kugura ibikomoka kuri peteroli n’imyuka (gas) by’u Burusiya, ibintu byafashije Moscow guhangana n’ibihano bikaze by’ubukungu yafatiwe.
Beijing icyebutswe na bose: Putin yiyongereye ku rutonde rurerure rw’abategetsi bakomeye ku Isi bamaze kwerekeza i Beijing muri aya mezi ya vuba, bose bashaka gushimangira umubano n’ubufatanye mu by’ubucuruzi n’umutekano n’ubutegetsi bwa Xi Jinping.
No comments