Imyidagaduro: Cameron Diaz n’umugabo we Benji Madden bibarutse umwana wabo wa gatatu

 

Cameron Diaz n’umugabo we Benji

Umukinnyi wa filime w’icyatwa muri Amerika, Cameron Diaz, n’umugabo we Benji Madden usanzwe ari umunyamuziki, bibarutse umwana wabo wa gatatu. 

Iyi nkuru yatangajwe na Benji Madden binyuze ku rukuta rwe rwa Instagram ku wa 4 Gicurasi 2026, aho yagaragaje ibyishimo n’umugisha bahawe wo kwagura umuryango wabo.

Umwana mushya n’izina yahawe 

Uyu muryango wungutse umwana w’umuhungu bise Nautas Madden. Mu butumwa bwe, Benji yagize ati: “Njye na Cameron turishimye cyane, kandi turiyumvamo ko duhawe umugisha cyane wo kubatangariza umwana wacu wa gatatu, Nautas Madden. Ikaze ku Isi muhungu wacu”.

Amateka y’umuryango wa ba Madden

Cameron Diaz na Benji Madden bamaze imyaka isaga icumi babana nk’umugabo n’umugore, dore ko bashyingiranywe mu mwaka wa 2015 nyuma y’igihe gito bakundana. Nautas Madden aje asanga abandi bana babiri uyu muryango wari usanganywe:

  • Raddix: Imfura yabo ubu ufite imyaka itandatu y’amavuko.

  • Cardinal: Ubuheta bwabo ufite imyaka ibiri y’amavuko.

Benji Madden, wamamaye mu itsinda rya "Good Charlotte", yashimangiye ko we n’umugore we bakunda abana babo cyane kandi bishimira uburyo umuryango wabo ubayeho mu byishimo.

 DJ Brianne atandukanye na Miss Muyango: Iherezo ry’ubufatanye cyangwa intangiriro nshya? 


No comments

IZIHERUKA

Real Madrid mu mazi abira: Mbappé na Rüdiger bashinjwa guteza umwuka mubi mbere yo gusura Barcelona

  Ikipe ya Real Madrid ikomeje kurangwamo umwuka utari mwiza n’amakimbirane mu rwambariro, mu gihe habura iminsi mbarwa ngo isure mukeba FC ...

Powered by Blogger.