Agahenge karakomeza: Amerika na Iran bongeye kumvana imitsi binyuze muri 'Project Freedom'

 


Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko nubwo bakozanyijweho n’ingabo za Iran mu minsi ishize, agahenge ko guhagarika intambara kagihari. 

Ibi bije nyuma y’aho Amerika itangirije ibikorwa byiswe ‘Project Freedom’ bigamije gufungura inzira ya Hormuz no kurinda ubwato bwikoreye ibikomoka kuri peteroli.

Projet Freedom n’imirwano yabaye 

Perezida Donald Trump yatangaje ko iyi gahunda igamije kubuza Iran kwima inzira ubwato bw’ibihugu bitandukanye. Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa uyu mushinga, igisirikare cya Amerika cyavuze ko cyarashe ubwato buto bwa Iran cyifashishije misile na drones. 

Minisitiri w’Intambara, Pete Hegseth, yashimangiye ko Amerika itagamije intambara, ariko ko izakomeza gukurikiranira hafi ibibera muri uwo muyoboro.

Ugusubiza kwa Iran n’ingaruka mu karere 

Iran ntiyacecetse, kuko ku wa 4 Gicurasi 2026 yarashe ku bwato bwa Amerika, ndetse igaba n’ibitero bya drones na misile kuri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE). Kuri uyu wa 5 Gicurasi, UAE yagaragaje ko ikomeje kwitegura ibitero bituruka muri Iran.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko muri Iran, Mohammad Baqer Qalibaf, yavuze ko ibyakozwe na Amerika ari byo byahungabanyije agahenge n’ingendo zo mu mazi, ashimangira ko Iran atari yo yatangije ubu bushyamirane.

 U Rwanda rwongeye kwiyamamaza muri International Telecommunication Union: Intambwe igamije gukomeza kuyobora mu ikoranabuhanga 


No comments

IZIHERUKA

Karasira Aimable 'Prof Nigga' agiye gufungurwa nyuma y'imyaka itanu yari yakatiwe

Uzaramba Karasira Aimable, wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaza kumenyekana cyane mu muziki nka Professor Nigga, biteganyijwe ...

Powered by Blogger.