Mwari kuba muvuga Igifaransa: Umwami Charles III yasubije Trump mu rurimi rw’amateka
Mu musangiro wabaye kuri uyu wa 28 Mata 2026, Umwami Charles III w’u Bwongereza yakoresheje amateka akomeye mu gusubiza Perezida Donald Trump, nyuma y’amagambo uyu muperezida yari yavuze asuzugura Abanyaburayi mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Isomo ry’indimi n’amateka
Muri Mutarama 2026 i Davos, Trump yari yabwiye Abanyaburayi ko iyo Amerika itabatabara mu Ntamba ya Kabiri y’Isi, ubu baba bavuga Ikidage n’Ikiyapani.
Umwami Charles III yashubije amaso inyuma mu myaka 250 ishize, yibutsa Trump ko mbere y’uko Amerika ibona ubwigenge, u Bwongereza ari bwo bwayirindiriye kutajya mu maboko y’u Bufaransa.
Umwami ati: “Bwana Perezida, uherutse kuvuga ko iyo hataba Amerika, u Burayi bwari kuba buvuga Ikidage. Reka mvuge ko iyo hataba twe, mwari kuba muvuga Igifaransa.”
Ubufasha bwo mu 1814 kuri White House
Mu buryo burimo urwenya ariko bukomeye, Umwami Charles III yakomoje ku mushinga wa Trump wo kuvugurura ingoro ya White House uzatwara miliyoni 400$. Umwami yibukije Trump ko u Bwongereza bwigeze kugerageza kuvugurura iyo ngoro mu 1814.
Ibi Umwami yabivuze akomoza ku mateka mabi y’intambara yo mu 1814, aho ingabo z’Abongereza zateye Washington zikangiza bikomeye inyubako za Leta harimo n’ingoro ya Perezida, mu rwego rwo kwihorera.
MFT: RBC yatangije uburyo bushya bwo guhinduranya imiti ya Malaria mu Rwanda
No comments