Ingaruka z’Intambara: Igiciro cy’udukingirizo kigiye kuzamuka ku kigero cya 30% ku Isi yose
Uruganda rwa Karex rwo muri Malaysia, rwihariye igice kinini cy’isoko ry’udukingirizo ku Isi, rwatangaje ko rugiye kuzamura ibiciro byatwo mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’intambara ikomeje guhuza Amerika, Israel na Iran.
Impamvu y’izamuka ry’ibiciro
Nkuko Umuyobozi w’uru ruganda, Goh Miah Kiat, yabihamirije ikinyamakuru Bloomberg, gukora udukingirizo bisigaye bihenze cyane kubera kubura kw’ibikoresho by’ibanze nka ammonia na silicone. Ibi bikoresho bifite aho bihuriye n’ibikomoka kuri peteroli byatumbagiye mu biciro nyuma y’ifungwa ry’inzira y’amazi ya Hormuz muri Iran, inyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli ku Isi.
Imitekerereze ya muntu mu bihe by’intambara
Goh yagaragaje ikintu gitangaje: mu gihe ibiciro n’ibura ry’ibikoresho byiyongera, n’abakenera udukingirizo biyongereyeho 30%. Ibi abihuza n’imitekerereze ya muntu mu bihe by’akaga.
"Muri ibi bihe by’intambara, abantu biyongerera gukoresha udukingirizo kuko baba bafite impungenge z’ahazaza. Iyo ubyaye umwana muri iki gihe, uba wongereye umubare w’abo ugaburira mu gihe ejo hawe mu rwego rw’akazi n’ubukungu hatizewe."
Karex mu mibare:
Ikora udukingirizo turenga miliyari 5 ku mwaka.
Ikora udukingirizo tw’inganda zizwi nka Durex na Trojan.
Ingaruka z’intambara ntizagarukiye ku bikingirizo gusa, kuko n’amatike y’indege yazamutseho 24%.
Ese ubona iri zamuka ry’igiciro cy’udukingirizo rishobora kugira ingaruka ku mibare y’abandura amavunane n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, cyangwa abantu bazakomeza kutugura uko byaba bimeze kose?

No comments