GUCYURA IMPUNZI: RDC n’u Burundi byatangiye ibiganiro byihuse mu Mujyi wa Kalemie
Uyu munsi, tariki ya 4 Mata 2026, mu Mujyi wa Kalemie hatangiye inama ikomeye ihuza ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), u Burundi n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (UNHCR), hagamijwe gushyiraho inzira yo gucyura Abanye-Congo bahunze imirwano yo mu mpera za 2025.
Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Jean-Jacques Purusi, yavuze ko iki gikorwa kireba abaturage barenga miliyoni 1.2 bahunze imirwano yahanganishije ihuriro ry’ingabo za Leta na AFC/M23 muri Teritwari ya Uvira mu Ukuboza ushize.
Imibare iteye inkeke y'abahunze
Imirwano yabaye mu mpera z'umwaka ushize yatumye:
Miliyoni 1.2 bahungira imbere mu gihugu cya RDC (IDPs).
Ibihumbi 800 bahungira mu bihugu by'abaturanyi birimo u Burundi (Bujumbura, Gitega, na Cibitoke) ndetse na Tanzania.
Inzira y’inzitane yo gutaha
N’ubwo AFC/M23 yavuye mu Mujyi wa Uvira muri Mutarama 2026 ibisabwe na Amerika ngo hatangire ibiganiro by’amahoro muri Qatar, inzira yo gutaha ntiyahise yoroha. U Burundi bwahise bufunga imipaka ya Gatumba na Vugizo, bituma abari barahungiye i Bujumbura bahera mu gihugu cy’amahanga n’ubwo imirwano yari yarahagaze. Mu kwezi kwa Gashyantare nibwo u Burundi bwafunguye umupaka wa Gatumba, ariko abataha bakomeje kuba bake bitewe n'impungenge z'umutekano n'uburyo bwo kwimuka.
Icyitezwe mu nama ya Kalemie
Inama iri kubera i Kalemie muri izi mpera z'icyumweru ifite intego ebyiri z’ingenzi:
Gushyiraho ingengabihe: Kumenya igihe nyacyo buri tsinda ry'impunzi rizatahiraho.
Uburyo bwo kwimuka (Logistics): Gufatanya na UNHCR mu gushaka imodoka n'ibiribwa bizafasha aba baturage gusubira muri Uvira no mu Kibaya cya Ruzizi mu mutekano.
No comments