Chancelier Friedrich Merz: Iran yasuzuguje Amerika, yatumye itaha zimyiza imoso mu biganiro bya Pakistan
Chancelier w’u Budage, Friedrich Merz, yashyize hanze amakuru akomeye kuri politiki mpuzamahanga, avuga ko ubuyobozi bwa Iran bwatesheje agaciro Leta Zunze Ubumwe za Amerika binyuze mu biganiro by’amaharo byabereye i Islamabad muri Pakistan.
Urugendo rwa J.D Vance rwataye agaciro
Mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri i Marsberg kuri uyu wa 27 Mata 2026, Merz yavuze ko Iran yagaragaje ubumenyi buhambaye mu gukinisha Amerika.
Yatanze urugero kuri Visi Perezida wa Amerika, J.D Vance, waba warakoze urugendo rwa kure ajya muri Pakistan kuganira n'ubuyobozi bwa Iran (by'umwihariko ingabo za IRGC), ariko akaza gutaha nta cyo agezeho.
Umwuka mubi hagati ya Trump na Merz
Chancelier Merz ntiyaripfana, kuko yanagaragaje ko atanyuzwe n’uburyo Perezida Donald Trump yinjiye mu ntambara yo muri Iran ku wa 28 Gashyantare 2026, atabanje kugisha inama inshuti ze z’u Burayi.
Merz yavuze ko iyo aza kumenya ko iyi ntambara izatinda ikamara ibyumweru birenze bitandatu, aba yarabwiye Trump mu buryo bukomeye kurushaho ko atabyemeye.
No comments