Byari bimeze nka Filime: Umuryango waguye mu kantu nyuma yo kubona uwo bashyinguye ejo agarutse ari muzima

Byari bimeze nka Filime: Umuryango waguye mu kantu nyuma yo kubona uwo bashyinguye ejo agarutse ari muzima


Mu gace ka Masindi muri Uganda, hagaragaye inkuru idasanzwe yabasize mu rujijo n’ubwoba, aho umuryango wa Yakobo Kamuturaki wari umaze umunsi umwe ushyinguye umuhungu wabo, Godwin Baguma, ariko ukaza kumubona atembera mu mujyi ari muzima.

Uko urujijo rwatangiye 

Godwin Baguma, usanzwe afite ikibazo cyo mu mutwe, yari amaze iminsi yaraburiwe irengero. Tariki ya 17 Mata 2026, Polisi yabonye umurambo mu murima w’ibisheke wari watangiye kubora, maze iwujyana mu bitaro bya Masindi ngo ushakirwe ba nyirawo. Abahungu ba Kamuturaki bagiye kuureba, bemeza ko ari uwa muvandimwe wabo bitewe n'uko wari wangiritse cyane.

Ikiriyo cyahindutse ibyishimo n'urujijo 

Uyu muryango washyizeho akagari, bawushyingura ku Cyumweru tariki ya 19 Mata. Ariko ku wa Mbere, mu gihe abaturanyi n’inshuti bari bicaye mu kiriyo, hageze inkuru ivuga ko Baguma yabonetse mu gace ka Lubongo ari muzima.

Jane Birungi, mushiki wa Baguma, yagize ati: “Twabiteye utwatsi nk’ibihuha kuko twari twamaze gushyingura. Ariko twafashe icyemezo cyo kujyayo kugira ngo tubyibonere. Ubwo twamubonaga, twaguye mu kantu!”

Gutaburura umurambo utari uwa bo

Ikiriyo cyahise gihagarikwa ako kanya, batangira gahunda yo gutaburura uwo bari bashyinguye ngo asubizwe mu bitaro. Florence Bikorwa, umuturanyi, yavuze ko abantu bose bari bafite ubwoba kuko batumvaga uko umuntu washyinguwe yakongera kugaragara ahagaze.

Kugeza ubu, uwo murambo wasubijwe mu bitaro bya Masindi mu gihe hategerejwe kumenya ba nyirawo nyabo.

Ese ubona uyu muryango ari wo ukwiye kuryozwa iri kosa, cyangwa ni inzego z’ubuzima zagombye gukoresha ibizamini bya "DNA" mbere yo gutanga umurambo wangiritse?

  Louise Mushikiwabo na Perezida wa Senegal baganiriye ku kibazo cy'akazi k'urubyiruko n'imitegurire y'Inama ya Francophonie 

No comments

IZIHERUKA

Bye Bye Gasoli: Leta y’u Rwanda yategetse ko 30% by’imodoka nshya zigurwa zigomba kuba iz’amashanyarazi

Mu rwego rwo guhangana n’itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli no kurengera ibidukikije, Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) ...

Powered by Blogger.