Amasezerano y’ingufu: U Rwanda n’u Burusiya bagiye kwihutisha umushinga w’inganda za Nikeleyeri
Mu rugendo rwo gushaka amashanyarazi yizewe kandi atangiza ikirere, u Rwanda rwinjiye mu cyiciro gishya cy’ubufatanye n’u Burusiya. Ku wa Gatandatu, tariki ya 18 Mata 2026, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro byihariye na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, mu nama yabereye i Antalya muri Turikiya.
Icyerekezo cya 2030
Ibi biganiro byibanze cyane ku mushinga w’u Rwanda wo kuba rufite uruganda ruto rutanga ingufu za Nikeleyeri (Small Modular Reactor - SMR) bitarenze umwaka wa 2030. Perezida Paul Kagame amaze igihe ashimangira ko izi ngufu ari zo gisubizo kirambye kuri Afurika, kuko zitanga amashanyarazi menshi, zigakoresha ubutaka buto, kandi ntizangize ikirere.
Miliyari 5-6 z'Amadolari: Ishoramari ryo mu rwego rwo hejuru
Isesengura ryakozwe rerekana ko kubaka uru ruganda bizatwara u Rwanda hagati ya miliyari 5 na 6 z’amadolari y’Amerika. N'ubwo ari ishoramari riri mu rwego rwo hejuru, abahanga bemeza ko ari ryo rizashobora guhaza icyanya cy'amashanyarazi Isi itegereje ko kizaba cyarikubye inshuro eshatu mu 2050.
Hitezwe inama mpuzamahanga i Kigali
Ibi biganiro bije mu gihe habura ukwezi kumwe gusa ngo u Rwanda rwakire inama ikomeye yiga ku mikoreshereze y’ingufu za Nikeleyeri muri Afurika, izaba kuva ku wa 18 kugeza ku wa 21 Gicurasi 2026. Uretse Nikeleyeri, u Rwanda n’u Burusiya biyemeje guteza imbere ubucuruzi, uburezi, n’imikoranire mu muryango w’Abibumbye.
Ese ubona u Rwanda ruzashobora kwesa umuhigo wo kuba rufite ingufu za Nikeleyeri mu 2030, maze rukaba icyitegererezo muri Afurika?

No comments