Umwaka wa 2026 utangiye mu Rwanda havutse abana 800 ku munsi wa mbere gusa



Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa 1 Mutarama 2026, mu Rwanda havutse abana 805 biganjemo ab’abahungu.

Iyi minisiteri yagaragaje ko habayeho igabanyuka kuko umwaka wa 2025 ubwo watangiraga havutse abana 1016.

Muri abo bana bavutse tariki ya 1 Mutarama 2026, harimo abahungu 415 n’abakobwa 290.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yerekanye ko uturere tuza ku isonga mu kuba twaragize abana benshi bavutse kuri uwo munsi turangajwe imbere na Rubavu yagize abana 27, Rutsiro igira 26, Bugesera, Karongi, Kayonza na Kicukiro baba 25 kuri buri Karere.

Hari kandi Ruhango yagize abana 24. Gakenke, Ngoma na Nyamasheke byagize abana bavutse 23 kuri buri karere.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.