Misiri na Nigeria mu makipe azakina ¼ cya CAN

 

CAN2026

Ikipe y’Igihugu ya Misiri yatsinze Benin bigoranye, Nigeria itsinda Mozambique, zombi zibona itike ya ¼ cy’Igikombe cya Afurika cya 2025, nyuma y’imikino yakinwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 5 Mutarama 2026.

Umukino wa Misiri na Benin ni wo wabimburiye iyabaye kuri uyu munsi, aho benshi bari bategereje ko Les Pharaohs iza kubona amanota ku buryo bworoshye.

Ni umukino waranzwe no guhangana kw’amakipe yombi, ndetse igice cya mbere kirangira nta kipe n’imwe irareba mu izamu, ahubwo zitegereza igice cya kabiri kugira ngo haboneke ikomeza mu kindi cyiciro.

Umukino ugeze ku munota wa 69, Marwan Attia ukina mu kibuga hagati mu Ikipe y’Igihugu ya Misiri yabonye igitego cya mbere, ariko ku munota wa 83, rutahizamu wa Benin, Jodel Dossou, aracyishyura.

Hitabajwe iminota 30 y’inyongera, aho Misiri yayibyaje umusaruro ibonamo igitego cya kabiri cyatsinzwe na Yasser Ibrahim ku munota wa gatatu, intsinzi ishimangirwa n’icya Mohammed Salah cyagiyemo ku munota wa 124.

Misiri yakomeje muri ¼ izategereza ikipe izava hagati ya Cote d’Ivoire na Burikina Faso, zizakina umukino wazo wa ⅛ ku wa Kabiri, tariki ya 6 Mutarama 2026.

Undi mukino wabaye kuri uyu munsi wabereye ku kibuga cya Complexe sportif de Fès, uhuza Ikipe y’Igihugu ya Nigeria n’Ikipe y’Igihugu ya Mozambique.

Super Eagles yatangiranye amashagaga kuko ku munota wa kabiri rutahizamu wayo Victor Osimhen yari yamaze gushyira umupira mu izamu ariko umusifuzi Abdou Abdel Mefire uri kwandika amateka yo kuba ari we musifuzi muto muri iri rushanwa, yitabaza VAR avuga ko habayemo kurarira.

Ibi ntibyabujije iyi kipe kubona igitego cya mbere ku munota wa 20 gitsinzwe na rutahizamu Ademola Lookman waherejwe umupira na Akor Adams, wanatanze undi mupira kuri Victor Osimhen ashyiramo igitego cya kabiri nyuma y’indi minota itanu gusa.

Nyuma y’ibi bitego byabonetse mu gice cya mbere, mu cya kabiri Nigeria yakomezanyije izo mbaraga ndetse ibona igitego cya gatatu ku munota wa 47. Iki na cyo cyinjijwe na Victor Osimhen.

Akor Adams wari mwiza muri uyu mukino yashyizemo igitego cya kane ku munota wa 79, ari na cyo cyahise gishimangira intsinzi ya Nigeria, izahura n’izava hagati ya Algeria na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.