Donald Trump, yatangaje utugunguru tw'amavuta Venezuela izajya yohereza muri Amerika
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Venezuela izajya yohereza muri Amerika utugunguru tw’ibikomoka kuri peteroli nibura miliyoni 50, nyuma y’igikorwa cya gisirikare cyatunguranye cyakuye Perezida Nicolás Maduro ku butegetsi.
Trump yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ko ibyo bikomoka kuri peteroli bizagurishwa ku giciro kizaba kigezweho ku isoko, ko ayo mafaranga azagenzurwa na we ubwe kandi agakoreshwa mu bikorwa bigirira akamaro abaturage ba Venezuela na Amerika.
Aya magambo ye aje akurikira andi yavuze mbere, ko sosiyete zitunganya ibikomoka kuri peteroli za Amerika zizaba zatangiye gukora neza muri Venezuela mu gihe kitarenze amezi 18, kandi ko ateganya ko ishoramari rinini cyane rizinjira muri icyo gihugu.

No comments