CAN 2025: Algeria yatsinze RDC na Côte d’Ivoire yakuyemo Burikina Faso zageze muri 1/4
Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatunguwe ku munota wa nyuma itsindwa na Algeria igitego 1-0, mu gihe Côte d’Ivoire yatsinze Burikina Faso ibitego 3-0, zombi zibona itike ya 1/4 cy’Igikombe cya Afurika cya 2025.
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 6 Mutarama 2026, ni bwo ku bibuga bya Stade Prince Moulay Hassan no kuri Stade de Marrakech hakomeje kubera imikino ya ⅛ cy’iri rushanwa riri kubera muri Maroc.
Umukino wabanje ni uwahuje RDC na Algeria, aho amakipe yombi yatangiranye ingufu ashaka kubona intsinzi hakiri kare, gusa Les Léopards ikagerageza uburyo bukomeye.
Aha harimo ubwa Cedric Bakambu wateye ishoti ku munota wa 26 ariko umunyezamu wa Algeria, Luca Zidane, akawukuramo n’ubwa Axel Tuanzebe ku munota wa 27 wateye ishoti ariko rikajya kure y’izamu cyane.
Ibi byakanguye Algeria itangira gukina yiharira umupira cyane ariko ubwugarizi bwa RDC bukomeza kuyibuza kwegera izamu. Uburyo bwayo bukomeye bwabonetse ku munota wa 69 mu gice cya kabiri.
Icyo gihe Riyad Mahrez yari ateye ishoti rikomeye rinyura hejuru y’izamu, risa n’irifunguye amaso Algeria itangira gutera amashoti mu izamu, RDC igatabarwa n’umunyezamu wayo Lionel Mpasi-Nzau kugeza iminota 90 y’umukino irangiye.
Umunota wa 118 wabaye inzozi mbi ku bakinnyi ba RDC, kuko rutahizamu wa Algeria ukina anyuze mu mpande, Ramy Bensebaini, yayitunguye atera ishoti ari hanze y’urubuga rw’amahina riruhukira mu ncundura.
Umufana wa RDC wamenyekanye muri iyi mikino, Michel Nkuka Mboladinga, uzwi ku izina rya ’Lumumba Vea’, yari ahagaze mu kibuga nk’uko yari asanzwe abikora mu mikino yose, ariko iki gitego kikijyamo yahise yikubita hasi agwa igihumure, arihutanwa ajya kwitabwaho n’abaganga.
Algeria yabonye itike ya ¼, izakina na Nigeria ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026.
Umukino wakurikiyeho ni uwa Côte d’Ivoire ifite Igikombe cya Afurika giheruka cya 2023, yahuye na Burikina Faso iheruka ibihe byiza mu 2013 ubwo yageraga ku mukino wa nyuma.
Nk’uko byari byitezwe Côte d’Ivoire yinjiye mu mukino mbere ndetse mu minota 15 yari yamaze gutera ishoti rya mbere mu izamu ryageragejwe na Franck Kessie, ariko kubw’amahirwe make rica hejuru y’izamu gato.
Ku munota wa 20 w’umukino, Amad Diallo uri kwigaragaza muri iri rushanwa yashyizemo igitego cya mbere, kikaba icya gatatu yari atsinze kuva iyi mikino yatangira.
Si ibyo yakoze kuko ku munota wa 32 yoherejwe undi mupira mu rubuga rw’amahina, usanga mugenzi we Yan Diomande ahagaze neza ahita awushyira mu izamu, umunyezamu wa Burkina Faso, Herve Koffi, ntiyirirwa ananyeganyega.
Mu gice cya kabiri ku munota wa 75 Amad yongeye gufata undi mupira areba n’umunyezamu, Herve Koffi, ariko agiye gushyira mu izamu nyibyamukundira ujya hanze yaryo.
Kuri uwo munota Umutoza wa Cote d’Ivoire, Emerse Faé, yakuyemo Yan Diomande ashyiramo Bazoumana Touré, washyizemo igitego cya gatatu ku munota wa 86 nyuma yo kwirukankana umupira awukuye hagati mu kibuga kugeza awuteye mu izamu.
Côte d’Ivoire yabonye intsinzi y’ibitego 3-0, irahita ikomeza imyiteguro y’umukino wa 1/4 uzayihuza n’Ikipe y’Igihugu ya Misiri, ku wa Gatandatu.

No comments