Perezida William Ruto, yasabye gusubira kuri gahunda yo kongera imishahara ya badepite n’abaminisitiri



Perezida William Ruto, yategetse ko Gahunda yo kongererwa imishahara ku badepite n’abaminisitiri yari iteganyijwe isubirwamo.

Impamvu ngo ni uko abaturage bamurakaje. Ibi bikaba bibaye nyuma y’icyumweru imyigaragambyo yitabiriwe n’imbaga ihatiye Ruto kureka umushinga w’itegeko ry’ingengo y’imari wari urimo kongera imisoro.

Ku wa gatatu, Lyn Mengich ukuriye akanama k’igihugu k’imishahara (SRC) yavuze ko kazahagarika izo nyongera ku mishahara ku bategetsi bo muri leta kubera "ukuri kuriho ubu kujyanye n’ubukungu".

Mbere, ako kanama k’imishahara kari kagiye inama yo kongera imishahara ho 2% na 5% ku bategetsi bose bo muri leta, harimo n’abacamanza.

Gusa kuri ubu imyigaragambyo yo irakomeje, aho ejo kuwa gatatu abigaragambije batewe ibyuka biryana mu maso mu rwego rwo kubatatanya.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.