Mukonya wakiniraga AS Kigali, yitabye Imana



Ahoyikuye Jean Paul uzwi nka Mukonya wakiniraga AS Kigali, yitabye Imana azize impanuka yo mu kibuga.

Iyi nkuru y’akababaro, yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu.

Urupfu rwa Mukonya wakinaga mu bwugarizi ku ruhande rw’ibumoso muri AS Kigali, rwatewe n’uko yagonganye n’umunyezamu ubwo yari mu myitozo y’abatarabigize umwuga yitwa Ingenzi FC. Ubwo Ingenzi FC yakinaga n’indi yitwa Dusabane FC ku kibuga cy’i Mageragere.

Uyu myugariro ubwo yagonganaga n’umunyezamu, ururimi rwahise rugwa mu nda maze rufunga inzira zicamo umwuka.

Hahise hahamagarwa Imbangukiragutabara, ariko umunsi wa Nyakwigendera wari wageze.

Umurambo wa Ahoyikuye, uri ku Bitaro bya Nyarugenge mu buruhukiro mu gihe umuryango uri gutegura uko azashyingurwa.

Mukonya yakiniye amakipe arimo Kiyovu Sports na AS Kigali yari agifitiye amasezerano y’akazi.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.