Kagame Paul: Igihe nzaba ntahari ntekereza ko bazagira andi mahitamo azabayobora neza



Paul Kagame, yagaragaje ko atakekeranya ibizaba naramuka atakiyobora u Rwanda kuko igihe azaba adahari yizeye ko Abanyarwanda bazagira andi mahitamo y’umuyobozi uzabayobora kandi neza.

Aha hari mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024, Umukandida ku mwanya wa Perezida watanzwe n’umuryango FPR inkotanyi, Paul Kagame, ubwo yasubizaga ibibazo bitandukanye yabazwaga n’abanyamakuru batandukanye bakorera muri Afurika ndetse no hanze yayo.

Umunyamakuru wa NBS TV, yabajije umukandida akaba na Chairman wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, uko bizagenda mu gihe azaba atakiri ku buyobozi, kuko ishusho rusange y’abaturage igaragaza ko bamukunda cyane.

Mu kumusubiza yagize ati: “Ntabwo nshaka gukekeranya ibyaba mu gihe naba ntahari ngo ntangire gutekereza ibyakurikiraho kuko ntabyo nzi, njye nkora icyo ngomba gukora mu gihe nkiri hano kandi nkabikorana n’abanyarwanda nk’uko wabivuze kandi ibyabaye mu mateka y’u Rwanda naho tugeze, ntabwo nkora njyenyine, sintekereza ko hari Kagame wenyine ahubwo dutera imbere dufatanyije, nkorana na bo nk’umuyobozi w’amahitamo yabo kandi igihe nzaba ntahari ntekereza ko bazagira andi mahitamo azabayobora neza nubwo bitaba byiza nk’uko byahoze ariko n’uko ubuzima buteye”.

Akomeza avuga ko u Rwanda rwariho mbere y’uko abaho, ndetse avuka, mbere y’uko ava mu buhunzi yabayemo igihe kirekire muri Uganda.

Ni ikiganiro yagiranye n'itangazamakuru rirmo iryo mu Rwanda ndetse no ku rwego mpuzamahanga

Ni ikiganiro yagiranye n’itangazamakuru rirmo iryo mu Rwanda ndetse no ku rwego mpuzamahanga

Yakomeje agira ati: “Inkuru ni uko u Rwanda rwahozeho kandi ruzahoraho nk’ibindi bihugu, Abanyarwanda bazakomeza kuba Abanyarwanda mu buryo butandukanye, hari aho bahangayitse kugira ngo babe Abanyarwanda kubera Politike mbi yahozeho. Icyo nasubiza nonaha n’ibyo dukora nonaha nk’umuyobozi wabo ariko ibizaba nta gihari bizaba kandi sinabimenya”.

Yakomeje agaragaza ko aya ari amateka yisubira mu bihugu byose ku isi, yaba ibikize n’ibikennye aho abayobozi baza bakayobora ariko nyuma bakagenda, ndetse ibintu bigakomeza guhinduka, bityo ko u Rwanda ari kimwe n’ibindi bihugu.

Chairman wa FPR Inkotanyi kandi yagaragaje ko naramuka atsinze amatora ateganyijwe kuwa 15 Nyakanga 2024, ibyingenzi azakora byiganjemo gukomeza guteza imbere Igihugu mu ngeri zitandukanye.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Jacky umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga yatunguwe n’uwiyita Mpanoyimana wamuhaye amafaranga atagira ingano

Umukobwa umaze kuba ikimenyabose nka Jacky aho azwiho cyane kwambara ubusa no kugira isoni nkeye ku mbuga nkoranyambaga yahawe amafaranga n’...

Powered by Blogger.