FARDC na M23 bongeye kurwanira muri Masisi



Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC n’abafatanyabikorwa bayo barimo Wazalendo, SADC n’ingabo z’abarndi,bongeye kugaba igitero kuri M23 nayo yirwanaho ibasubiza inyuma.

Ni imirwano yabyukiye muri Teritwari ya Masisi kuri uyu wa Mbere tariki ya 15/07/2024 ahagana saa kumi n’ebyri zo mu gitondo.

Uduce twa Kamonyi, Butumbalongi na Bifura ho muri grupema ya Bashali-Mukoto two muri teritwari ya Masisi nitwo twabereyemo isibaniro y’intambara.

Amakuru avuga ko ingabo za RDC arizo zongeye kurenga ku masezerano y’agahenge kasabwe na leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Ni nyuma y’uko kandi aka gahenge kagomba kumara ibyumweru bibiri nta ruhande ruteye urundi.Hagataho uko M23 ikomeza kugabwaho ibitero ni nako igerageza kwirwanaho ikanigarurira uduce dutandukanye.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.