Umutoza w’abanyezamu, Mazimpaka André wakiniye Rayon Sports, agiye kuyigarukamo nk’umutoza.



Umutoza w’abanyezamu, Mazimpaka André wakiniye Rayon Sports, agiye kuyigarukamo nk’umutoza uzaba ufite inshingano zo gutoza abanyezamu.

Nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona 2023/2024, ikipe ya Rayon Sports Women Football Club ikomeje kwiyubaka itegura CECAFA izabera muri Éthiopie.

Amakuru yizewe ahari, ni uko Mazimpaka André ari we ugiye guhabwa akazi ko gutoza abanyezamu ba Rayon Sports WFC.

Mazimpaka azaba asimbuye Nizeyimana Ramadhana wamaze gutandukana n’iyi kipe. Kugeza ubu, Rwaka Claude ni we ushobora kuzagumana iyi kipe nk’umutoza mukuru nyuma yo kuyihesha igikombe cya shampiyona.

Iyi kipe yo mu Nzove, iherutse gutandukana n’abakinnyi barindwi barimo Itangishaka Claudine, Uwanyirigira Sifa, Niyonsaba Jeanne, Kankindi Fatuma, Judith Ochieng, Uwamariya Diane na Uwiringiyimana Rosine.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Uganda: Amerika yaburiye abaturage bayo nyuma y’intsinzi ya Museveni n'imyigaragambyo yatumijwe na Bobi Wine

  KAMPALA – Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda yasohoye umuburo ukomeye ugenewe abaturage bayo bari muri icyo gihugu, nyum...

Powered by Blogger.