Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi yasesekaye mu Bubiligi aho afite igitaramo

 

Israel Mbonyi yageze mu Bubiligi aho agiye gutaramira

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kamena 2024, yatangaje ko yageze mu Bubiligi mu mujyi wa Bruxelles aho afite igitaramo ku itariki 8 Kamena.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Israel Mbonyi yavuze ko yageze mu Bubiligi mu mujyi wa Bruxelles kandi yiteguye kuhataramira.

Yagize ati: ”Ubu ngubu ndi muri Bruxelles, ntegereje gutaramana namwe, tariki 08 kuri uyu wa Gatandatu.”

Yatangaje ko yahageze n’itsinda ryose bazafatanya kandi biteguye kuramya Imana muri iki gitaramo.

Mu minsi ishize yatangaje ko bazataramira ahantu hagari kuko abantu baguraga amatike ku bwinshi. Ibyo byatumye bareka gukorera muri Birmingham Palace, bikimurira muri Docks ‘Dome Events Hall’ kuko ari hanini ugereranije naho barigukorera.

Mbonyi yavuze ko ubwo yaherukaga mu Bubiligi muri Kamena 2023, hari abantu babuze uko binjira kubera ko imyanya yari yashize, bityo birinda ko byakongera kubaho.

Mbere y’uko uyu muhanzi ava i Kigali, amatike ya VIP yari yashize hasigaye ay’ahasanzwe nabwo ari 10%. Uretse iki gitaramo, hateganijwe ko azajya gutaramira muri Uganda no muri Kenya muri Kanama 2024.

No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

RDC: Urukiko rwa gisirikare rwakatiye igihano cy'urupfu abasirikare 25 bahunze imirwano

  Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwakatiye urwo gupfa abasirikare 25 bo mu ngabo z’iki gihugu (FARDC),...

Powered by Blogger.