Kowait: Inkongi y'umuriro yibasiye inyubako abarenga 40 bahasiga ubuzima abandi barakomereka

Published from Blogger Prime Android App

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako yari irimo abakozi b’abanyamahanga muri Koweti mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu, ihitana byibuze abenegihugu 40 b’Abahinde abandi barenga 50 barakomereka. Abayobozi b’inzego z’ibanze bavuze ko iyi nkongi y’umuriro ifitanye isano no kurenga ku mategeko.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Sheikh Fahad Al-Yousuf Al-Sabah , yategetse ko nyir’inyubako atabwa muri yombi ,ubwo yasuraga ahabereye iyo mpanuka.Akomeza agira ati “Tuzakemura ikibazo cy’ubucucike bw’abakozi, ubu ngiye kureba amakosa yakorewe hano kandi nzakorana na nyiri uyu umutungo.”

Nkuko Col. Sayed Hassan al-Mousawi, ukuriye ishami rishinzwe iperereza ku mpanuka z’abashinzwe kuzimya umuriro yabitangarije ikinyamakuru nbc news, yavuze ko hapfuye abantu benshi ,kandi ko imibare ikomeza kwiyongera mugihe ibikorwa by’ubutabazi bigikomeje.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubuhinde yatangaje kuwa gatatu, mu itangazo ryagenewe abanyamakuru ko “Abahinde bagera kuri mirongo ine bumva ko bapfuye abandi barenga mirongo itanu barakomereka.” Yongeyeho ko abakomeretse bari kuvurirwa mu bitaro bitanu bya Leta byo muri Koweti kandi bahabwa ubuvuzi bukwiye kandi bitaweho.

No comments

IZIHERUKA

Mozambique mu muvuno mushya: U Burusiya bwayitegeye amaboko mu guhashya iterabwoba riri muri Cabo Delgado

  U Burusiya bwamaze gutangaza ko bwiteguye guha ubufasha bwose bukenewe igihugu cya Mozambique mu rugamba rwo guhashya burundu imitwe y’ite...

Powered by Blogger.