Ibyo umuhanzikazi Donna Tanasha yahuriye na byo i Kigali azabyandika mu mateka!

 


Umunyamideri ndetse akaba n’umuhanzi aho abifatanya n’ubushabitse, Tansaha Donna yaboneye ibyo atari yiteze i Kigali aho byari biteganyijwe ko akorera igitaramo mu ijoro ryo kuwa 22 rishyira kuri 23 Kamena 2024 ariko bikarangira nta n’inyoni icyitabiriye.

Tanasha Dona yasesekaye i Kigali mu ijoro ryo kuwa 20 rishyira kuri 21 Kamena 2024, aho byari byitezwe ko yagombaga gukora ibitaramo bibiri bimimo kimwe cyagombaga kubera i Nyamirambo muri B-Lounge, ikindi kikabera muri B-Hotel i Nyarutarama.

Amakuru avuga ko igitaramo cyagombaga kubera i Nyamirambo ku italiki ya 21-22 Kamena 2024 cyabaye ariko kikitabirwa n’abantu bake cyane ndetse na Tanasha ubwe ngo ntiyatindanye nabo ngo kuko yabaririmbiye iminota itageze kuri itanu, mu gihe icyagombaga kubera i Nyarutarama kitabaye kubera ko nta muntu n’umwe witabiriye.



No comments

IZAKUNZWE

IZIHERUKA

Dore uko wakwirinda umubyibuho ukabije no kugira inda nini

Birashoboka cyane ko umuntu ashobora kwirinda umubyibuho ukabije w’inda hadakoreshejwe ubundi buryo bukomeye nka Liposuction (uburyo bukores...

Powered by Blogger.