Umwuka mubi muri OTAN: Marco Rubio yabwiye ibihugu by’u Burayi ko Trump yatengushywe n’uburyo bwa kigwari byamutereranye kuri Iran
Umwuka w’ubushyamirane ukomeje kwiyongera hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Ibihugu by’u Burayi bigize Umuryango wo Gutabarana (OTAN/NATO), nyuma y’aho Umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, atangarije ko Perezida Donald Trump yatengushywe bikomeye n’abanyamuryango bayo bamutereranye mu ntambara ahanganyemo na Iran.
Ibi Rubio yabigarutseho mbere yo guhaguruka muri Amerika yerekeza muri Suède, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Gicurasi 2026, ari bwo ahura n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ba OTAN ku nshuro ya mbere kuva iyi ntambara yatangira.
Iby’ingenzi wamenya kuri aya makimbirane:
Ikibazo cy'ibigo bya Gisirikare: Marco Rubio yashinje ibihugu bimwe bya OTAN kwitambika mu bikorwa bya Amerika, atanga urugero nka Espagne yanze ko Amerika ikoresha ibigo byayo bya gisirikare mu gutera Iran. Yagize ati: "Hari ibihugu nka Espagne byatwangiye gukoresha ibigo byabyo... Umuntu yakwibaza ati ‘kuki mukiri muri OTAN?’ Isesengura ryoroshye."
Umujinya wa Trump n'ingabo 5,000: Kubera ubu bufatanye bucagase, Washington yamaze gutangaza ko igiye gukura abasirikare bayo 5,000 bari mu Burayi, ndetse Trump arongera kwerekana umugambi wo kuba Amerika yavamo burundu mu muryango wa OTAN umaze imyaka 77 ishinzwe.
Ubwivunge bwa OTAN: Ku rundi ruhande, abayobozi ba OTAN bavuze ko Amerika itigeze isaba uyu muryango ubufatanye mu buryo bw’amategeko muri iyi ntambara yatangijwe na Amerika na Israel ku wa 28 Gashyantare 2026, ikaba kandi inemerewe gukoresha ikirere cy'ibihugu bimwe na bimwe.
Ikibazo cya Greenland: Umubano usanzwe urimo agatotsi gakomeye na Danemark (na yo iri muri OTAN), kubera umugambi wa Donald Trump utajya uhinduka wo kwigarurira ikirwa cya Greenland akacyambura iki gihugu akakigira ubutaka bwa Amerika.
No comments