"U Rwanda ruri mu bindi": Umushoferi w’Umunya-Tanzania yanyuzwe n’uburyo yatabawe n'ingabo z'u Rwanda rwagati muri Nyungwe
Umushoferi w’ikamyo ukomoka mu gihugu cya Tanzania, witwa Msomi, yashimye cyane ubunyamwuga n’urugwiro by’Ingabo z’u Rwanda (RDF) nyuma y’aho zimutabarije mu gicuku ubwo imodoka ye yashiriraga mu ishyamba rya Nyungwe rwagati.
Iby’ingenzi wamenya kuri iyi nkuru:
Guhura n'urugwiro mu mwijima: Msomi, mu kiganiro n’igitangazamakuru Bongo 24 cy’iwabo, yavuze ko ubwo yari avuye i Bukavu muri RDC, imodoka ye yapfiriye muri Nyungwe ari nijoro afite ubwoba bwinshi. Bitunguranye, abasirikare ba RDF bahise bamugeraho, bamusuhuza mu Giswahili, bamuha n'icyizere cyo kudahangayika.
Kuzimanirwa inkoko no kurindirwa umuzigo: Abasirikare bamusabye gusiga imodoka aho iri bamwizeza ko nta kintu kiratwarwa (kuko u Rwanda rurangwamo umutekano usesuye). Bamujyanye aho bacumbika, bamuzimanira inyama z’inkoko we na mugenzi we, babaha n’imifariso yo kuryamaho.
Isomo ku bindi bihugu: Bukeye bwaho imodoka ye yarareguwe ikorwa n'umukanishi, nuko akomeza urugendo. Msomi yashimangiye ko atari bwayone abasirikare baca bugufi kandi basabana n'abaturage nk'aba RDF.
No comments