Imyaka 20 ya King James: Amatike y’igitaramo cye muri BK Arena yashyizwe ku isoko

Imyaka 20 ya King James


Umuhanzi Ruhumuliza James, wamamaye nka King James, akomeje imyiteguro ikomeye y’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu ruganda rwa muzika. Iki gitaramo cyiswe ‘20years of King James’ gitegerejwe kubera muri BK Arena ku wa 1 Kanama 2026.

Amatike yashyizwe ku isoko 

Guhera kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 2 Gicurasi 2026, amatike y’iki gitaramo yagejejwe ku isoko rwagati. Bruce Intore, umwe mu bari gutegura iki gitaramo binyuze muri ‘Intore Entertainment’, yatangaje ko abantu barenga igihumbi bari bamaze kugura amatike yabo binyuze muri gahunda ya ‘Pre-order’ yari imaze iminsi.

Ibiciro by’amatike bitewe n’imyanya:

  • Ahasanzwe: 15,000 Frw, 20,000 Frw, 25,000 Frw, na 35,000 Frw.

  • VIP: 60,000 Frw.

  • VVIP (Ameza): 2,000,000 Frw.

  • Suites: 3,500,000 Frw.

Urugendo rw’imyaka 20 muri muzika 

King James watangiye umuziki mu 2006 afite imyaka 16 y’amavuko ubwo yigaga muri APE Rugunga, ntiyahise abona intsinzi mu buryo bworoshye. Yatangiye kwamamara mu myaka ya 2008-2009 binyuze mu ndirimbo ‘Intinyi’, nyuma aza kwinjira muri Kina Music mu 2010 ari na ho yasohoreye album ye ya mbere ‘Umugisha’. 

Kugeza ubu, uyu muhanzi afite album nyinshi zakunzwe nka Biracyaza, Urukundo, Ubushobozi, n’iyitwa Gukura yasohotse umwaka ushize.


 Igitaramo cya Rick Ross na Davido cyaciye agahigo mu biciro, gitera impaka zikomeye 

No comments

IZIHERUKA

Ubucuruzi butemewe: Abanyarwanda 25 bafungiwe muri Uganda bazira gucukura Wolfram mu buryo bunyuranyije n’amategeko

  Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi itsinda ry'abantu 28, barimo Abanyarwanda 25, bafatiwe mu mukwabu wo kurwanya ubucukuz...

Powered by Blogger.