Imyaka 20 ya King James: Amatike y’igitaramo cye muri BK Arena yashyizwe ku isoko
Umuhanzi Ruhumuliza James, wamamaye nka King James, akomeje imyiteguro ikomeye y’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu ruganda rwa muzika. Iki gitaramo cyiswe ‘20years of King James’ gitegerejwe kubera muri BK Arena ku wa 1 Kanama 2026.
Amatike yashyizwe ku isoko
Guhera kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 2 Gicurasi 2026, amatike y’iki gitaramo yagejejwe ku isoko rwagati. Bruce Intore, umwe mu bari gutegura iki gitaramo binyuze muri ‘Intore Entertainment’, yatangaje ko abantu barenga igihumbi bari bamaze kugura amatike yabo binyuze muri gahunda ya ‘Pre-order’ yari imaze iminsi.
Ibiciro by’amatike bitewe n’imyanya:
Ahasanzwe: 15,000 Frw, 20,000 Frw, 25,000 Frw, na 35,000 Frw.
VIP: 60,000 Frw.
VVIP (Ameza): 2,000,000 Frw.
Suites: 3,500,000 Frw.
Urugendo rw’imyaka 20 muri muzika
King James watangiye umuziki mu 2006 afite imyaka 16 y’amavuko ubwo yigaga muri APE Rugunga, ntiyahise abona intsinzi mu buryo bworoshye. Yatangiye kwamamara mu myaka ya 2008-2009 binyuze mu ndirimbo ‘Intinyi’, nyuma aza kwinjira muri Kina Music mu 2010 ari na ho yasohoreye album ye ya mbere ‘Umugisha’.
Kugeza ubu, uyu muhanzi afite album nyinshi zakunzwe nka Biracyaza, Urukundo, Ubushobozi, n’iyitwa Gukura yasohotse umwaka ushize.
No comments