Dipolomasi mu Kwiruka: Perezida Macron na Eliud Kipchoge bakoze siporo mu mihanda ya Nairobi
Perezida Emmanuel Macron yongeye kwerekana ko umubiri ukora neza ari wo utanga igitekerezo kizima, ubwo yagaragaraga mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ari kwiruka amasegonda ku masegonda n’umunyabigwi Eliud Kipchoge.
Macron, ukunze gukora siporo yo kwiruka aho agiriye uruzinduko hose, yahisemo gukorana n’umugabo wanditse amateka yo gusiganwa marathon munsi y’amasaha abiri.
Ibyo wamenya kuri Eliud Kipchoge bakoranye imyitozo:
Umugabo w’amateka: Kipchoge ni we muntu wa mbere ku Isi wirutse marathon (km 42.2) munsi y'amasaha abiri mu isiganwa rya Ineos Challenge mu 2019 (1h 59' 40").
Imidali: Yegukanye imidali ya Zahabu mu mikino Olempike yo mu 2016 n’iyo mu 2020.
Agahigo gashya: N'ubwo Kipchoge ari igihangange, agahigo ku Isi ubu gafitwe n’undi Munya-Kenya, Sabastian Sawe, wakoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 30.
Iyi myitozo yabaye umusemburo wo gutangira inama ya Africa Forward Summit izamara iminsi ibiri (11-12 Gicurasi), ihuje abayobozi barenga 30 biga ku hazaza ha Afurika mu bukungu n'imiyoborere.
No comments